Abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wo mu ntara ya Tigray, nyuma yo kwemera guhagarika imirwano, batangiye gushyikiriza ingabo za Ethiopia intwaro ziremereye bari batunze.
Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, byatangaje ko umuhango wo gutanga izi ntwaro wabereye mu gace ka Agulae, mu bilometero bigera kuri 30 ugana mu mujyi mukuru wa Tigray, Mekelle kuri uyu wa 10 Mutarama, impande zombi zihagarikiwe n’urwego rw’akarere ndetse n’intumwa z’umuryango w’iterambere, IGAD.
Mulugeta Gebrechristos wari uhagarariye abarwanyi ba Tigray bazwi nka TDF, yatangaje ko batangiye iki gikorwa bagamije gushakira amahoro igihugu cyabo. Byashimangiwe na Aleme Tadesse wari uhagarariye ingabo za Ethiopia, wemeza ko impande zari zihanganye zahagaritse imirwano.
Umujyanama wa Perezida wa Tigray akaba n’umwe mu bagize komite nshingwabikorwa w’umutwe wa TDF, Getachew Reda, yatangarije kuri Twitter ko koko igikorwa cyo gutanga izi ntwaro cyabaye, kandi ko gishingiye ku byemezo byafatiwe mu mishyikirano yabereye i Pretoria muri Afurika y’Epfo.
Intambara y’abarwanyi ba Tigray yamaze imyaka ibiri, ihagarara bigizwemo uruhare n’umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU). Tariki ya 2 Ugushyingo 2022, i Pretoria, ni bwo impande zombi zemeranyije ko imirwano igomba guhagarara.



One Response
Abarwanyi ba Tigray batangiye gushyikiriza ingabo za Ethiopia intwaro ziremereye
Ntankuru ishimishije yaruta kumva abavandimwe,abanyafurica biyunze bakiyemeza guhagarika intambara. Bakiyemeza kubaka igihugu cyabo bafatanyije. Kabeho Africa