Abasirikare b’Abanya-Afghanistan biyemeje guhangana n’ubutegetsi bw’Abatalibani baravuga ko bigaruriye uturere dutatu, mu ntsinzi ya mbere yabo kuva batangiza uru rugamba rwo kurwanya Abatalibani baherutse kongera kwigarurira igihugu bari barambuwe n’Abanyamerika mu 2001.
Gen. Bismillah Mohammadi, wari minisitiri w’ingabo, warahiriye guhangana n’Abatalibani, abinyujije kuri twitter mu mpera z’icyumweru gishize yatangaje ko uturere twa Deh Salah, Banu na Pul-e-Hesar, mu Ntara ya Baghlan batwigaruriye.
Ghani Andarabi, wahoze ari umuyobozi w’igipolisi mu ntara, nawe avuga ko Akarere ka Banu muri Baghlan kagenzurwa n’abigomeetse ku butegetsi bw’Abatalibani kandi aba bapfushije abarwanyi benshi nk’uko byatangajwe na Tolo News.
Assadullah wahoze akuriye igipolisi mu Karere ka Banu, yagize ati “Kubw’ubufasha bw’Imana na mujahideen, uturere dutatu twabohowe ubu turi kugana mu karere ka Khinjan kandi turasukura Intara ya Baghlan vuba,”
Hagati aho ariko, hari n’amakuru avuga ko Abatalibani baba bitegura kwisubiza utu turere.
Abantu begereye Ahmad Massoud, umuhungu w’uwahoze ari umuyobozi w’abarwanyi b’Abamujahedeen, Ahmad Shah Massoud, warwanyije Abasoviyete, avuga ko bafite abarwanyi basaga 6,000 barimo abahoze mu gisirikare n’abandi bo mu mitwe yitwara gisirikare mu kibaya cya Panjshir. Bavuga ko bafite za kajugujugu, imodoka za gisirikare basigaranye barwanya Abarusiya hagati y’1979 n’1989.
Soma inkuru bisa hano hasi
Reuters ivuga ko ntacyo Abatalibani baratangaza kuri aya makuru. Amakuru kandi avuga ko kwigomeka ku Batalibani byatangiye ubwo binjiraga muri Baghlan bagatangira kwinjira mu nzu ku yindi basaka.
Kugeza kuri uyu wa Mbere, nubwo bigaruriye umurwa mukuru, bivugwa ko Abatalibani bagenzura gusa uturere 222 mu turere 421 tugize Afghanistan.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


