Abashinja Guverineri wa New York ihohotera rishingiye ku gitsina bakomeje kwiyongera

Sangiza iyi nkuru

Umugore wa gatandatu yashinje Guverineri wa New York, Andrew Cuomo kumukorera ihohotera rishingiye ku gitsina ndetse n’imyitwarire idakwiye, avuga ko uyu muyobozi yamukozeho mu buryo budakwiye aho yari atuye mu mwaka ushize.

Ikinyamakuru Times Union, cyo mu mujyi wa Albany muri Leta ya New York, cyavuze ko iki kirego cyatanzwe n’umukozi wa guverineri utatangajwe amazina.

Iki kinyamakuru cyavuze ko atigeze atanga ikirego, ariko ibirego bye byoherejwe mu ishami ry’amategeko rya guverineri ndetse n’ubushinjacyaha bukuru bwa Leta.

Ibirego bishya bije mu gihe umushinjacyaha mukuru wa Leta, Letitia James arimo akora iperereza ku myitwarire ya Guverineri wa New York nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.

Kuri uyu wa Kabiri ushize, Cuomo yavuze ko “atazi” ibirego biherutse kumushyirwaho, ariko yongera kuvuga ko atazahita yegura. Uyu mudemokarate w’imyaka 63 y’amavuko yavuze ko azategereza ibizava mu iperereza mbere yo gutera izindi ntambwe.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri, Guverineri Cuomo yagize ati “Nta muntu nigeze nkoraho mu buryo budakwiye. Nkuko nabivuze mu cyumweru gishize, ntabwo nigeze ntera imbere bidakwiye. Nkuko nabivuze mucyumweru gishize, nta muntu n’umwe wigeze ambwira icyo gihe ko natumye yumva atameze neza.”

Guverineri Cuomo, kuri ubu uri kuyobora manda ye ya gatatu nka Guverineri wa New York, yamenyekanye cyane kubera ibiganiro n’abanyamakuru bya buri munsi yatangaga ubwo icyorezo cya Coronavirus cyari gikomeje kugarika ingongo muri uyu mujyi mu mwaka ushize.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *