Abashoferi n’abamotari batangiye gupimwa Covid-19 mbere yo kuvanwa mu rugo

Sangiza iyi nkuru

Abantu bakora mu rwego rwo gutwara abantu n’ibintu mu buryo bwa rusange, abamotari n’abashoferi, batangiye gupimwa Covid-19 mbere y’uko Guma mu Rugo irangira, aho ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, giteganya gupima byibuze mu minsi ibiri abantu 800.

Ni gikorwa cyatangiye kuri uyu wa 05 kigasozwa kuri uyu wa 06 Gashyantare, kigamije kureba uko ubwandu buhagaze mu bakora ibijyanye no gutwara abantu n’ibintu kuko bashobora kwanduza abantu benshi bahura na bo.

Iki gikorwa kishimiwe na bamwe mu bashoferi n’abamotari bavuga ko bizabafasha gusubukura imirimo yabo bazi uko bahagaze kandi batanakwirakwiza icyorezo cya covid19 kubo batwara.

Ibi bije nyuma y’aho inama y’abaminisitiri iheruka guterana yemeje ko guhera kuwa Mbere, itariki 8 abatwara abagenzi bazasubukura akazi kabo kari kahagaritswe mu Mujyi wa Kigali kubera ubwiyongere bw’ubwandu bwa Covid-19 nubwo imodoka zitwara abagenzi ku ikubitiro zemerewe kutarenza 50% by’abagenzi zemerewe gutwara.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya ibyorezo mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, Dr Edson Rwagasore yatangaje ko iki gikorwa kigamije kureba ishusho y’uko ubwandu bwa COVID-19 buhagaze mu baturage mu byiciro bitandukanye bahura n’abantu benshi.

Avugana na RBA dukesha iyi nkuru yagize ati ”Twatangiye igikorwa cyo gupima abantu mu byiciro birimo abashoferi, abamotari n’abandi bantu bashobora kuba bahura n’abantu benshi kugira ngo dushobore kureba ishusho y’uko icyorezo kimeze muri ibyo byiciro ariko na none kugira ngo turusheho gukangurira abantu uburyo bakwirinda; cyane ko muri bo bashobora hari abantu baba batagaragaje ibimenyetso cyangwa bakaba batazi ko barwaye. Mu by’ukuri ariko bakaba bafite ibyago byo kwanduza abantu benshi muri bakaba bahitanwa na COVID19.”

Abantu bose bakora akazi ko gutwara abantu n’ibintu ndetse n’abafite ibinyabiziga byabo bwite barasabwa gukomeza kwitwararika ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 kuko bitabaye ibyo byaba intandaro yo kwanduza umubare munini w’abantu batwara.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *