Abasirikare b’Amerika n’aba Niger bishwe abandi baburirwa irengero muri Niger

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare b’Amerika bacunganga umutekano muri Nigeri hamwe n’abo muri kiriya gihugu bataramenyekana umubare bagabweho igitero barahatikirira abandi baburirwa irengero.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ikinyamakuru jeunafrique kivuga ko aba basirikare barimo bacunga umutekano mu gace ka Tongo Tongo gahana imbibi na Mali ubwo bagabwagaho igitero gikomeye cy’abitwaje imbunda nyinshi kandi zikaze bakabanyanyagizamo amasasu kugeza ubu umubare w’abaguye muri icyo gitero bakaba bataramenyekana gusa bakaba biganjemo abo muri Amerika.
Iki kinyamakuru kandi gikomeza kivuga ko aba bantu bari bitwaje ibirwanisho baturutse mu gihugu cy’abaturanyi cya Mali ku mugoroba wo kuwa Gatatu tariki ya 4 Ukwakira, bakirara muri aba basirikare nta bakabarasa nta kurobanura.
Ibitangazamakuru bimwe bivuga ko Abanyamerika bapfuye ari 3 n’abandi benshi bo muri Nigeri ariko abandi bakaba baburiwe irengero.
Amakuru atangwa na RFI kuri iki gitero cyagabwe ku barimo bacunga umutekano, avuga ko abasirikare bahitanywe na cyo ari benshi gusa ko nta mubare ufatika watangajwe, ibi bikaba byatewe n’uburyo ababagabyeho igitero bari biteguye neza kandi bafiye n’ibirwanisho bikaze mu gihe hari n’abandi benshi bagikomeje kubururwa irengero.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ikinyamakuru the New York Times cyo kivuga ko hapfuye abanyamerika 3 hagakomereka abandi 2, akaba ari yo makuru gusa yagejejwe kuri perezida Trump ariko ntibagire ibintu byinshi bongeraho.
Abasirikare ba leta zunze ubumwe z’Amerika ziri muri Niger guhera mu kwezi kwa 6 uyu mwaka aho bagiye gutera ingabo mu bituu abo muri kiriya gihugu mu guhangana n’imitwe y’intagondwa (Jihadists).
Aba basirikare biganje mu gace ka Tillabéri kiganjemo abarwanyi bitwaje intwaro bahanganye n’igisirikare cya leta, aho umubare munini w’abahatuye babaye impunzi mu tundi duce.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *