Abasirikare b’u Burundi bari ku burinzi, kuri uyu wa 5 Kamena 2021 baguye mu gico (ambush) cy’abitwaje intwaro bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda, bararasana.
Urubuga SOS/Burundi ruvuga ko iyi mirwano yabereye mu ishyamba rya Kibira, muri Zone ya Butahana, Komini Mabayi mu Ntara ya Cibitoke iri mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’igihugu.
Umuturage wahaye SOS aya makuru yavuze ko muri iyi mirwano, abasirikare b’u Burundi bane bahakomerekeye, bikaba byamenyekanye ubwo mugenzi wabo yasabaga ubufasha bwo kujyana kwa muganga inkomere.
Yagize ati: “Umwofisiye yahuruje ubuyobozi, asaba ubufasha ngo inkomere zihavanwe.”
Amakuru y’iyi mirwano kandi ngo yemejwe n’ushinzwe ibikorwa bya gisirikare muri Mabayi, akaba yavuze ko aba barwanyi bateze igico bari gushakishwa.
Abitwaje intwaro bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bakunze kumvikana muri uyu mwaka barwanira n’ingabo z’u Burundi mu ishyamba rya Kibira.
Bikekwa ko ari abarwanya Leta y’u Rwanda n’ubwo u Burundi bwo buvuga ko nta barwanya iki gihugu gituranyi baba ku butaka bwabwo.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



2 Responses
Abasirikare b’u Burundi baguye mu gico cy’abavuga Ikinyarwanda, bakozanyaho
Ntimukabeshye ga mube abanyamwuga gusa ngaya abarundi bahagurutse bakarwana nabo bashumba bavuye i bugande
Abasirikare b’u Burundi baguye mu gico cy’abavuga Ikinyarwanda, bakozanyaho
Ntimukabeshye ga mube abanyamwuga gusa ngaya abarundi bahagurutse bakarwana nabo bashumba bavuye i bugande