Abasirikare ba Ukraine bageze mu birometero 30 binjira imbere mu Burusiya

Sangiza iyi nkuru

Uburusiya butangaza ko abasirikare b’u Burusiya bamaze kwinjira imbere mu gihugu cy’ u Burusiya ku buryo bamaze kugera muri km 30 uvuye ku mipaka y’ibihugu ari nako banagaba ibitero. Iki gitero ngo kiri mu bikomeye cyane bibayeho kuva Uburusiya bwatangira igitero gisesuye kuri Ukraine muri Gashyantare (2) mu 2022.

Umwe mu bategetsi bakomeye muri Ukraine, yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ko abasirikare babarirwa mu bihumbi barimo kurwana muri icyo gikorwa (opération), imbere cyari cyatangajwe n’abashinzwe kurinda umupaka b’Uburusiya.

Minisiteri y’ingabo z’Uburusiya yavuze ko abasirikare babwo barwanye n’abasirikare ba Ukraine hafi y’ibyaro bya Tolpino na Obshchy Kolodez, mu gihe igitero cya Ukraine mu karere ka Kursk cyinjiye mu munsi wa gatandatu.Umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Uburusiya Maria Zakharova yashinje Ukraine “gutera ubwoba abaturage b’Uburusiya”.

Volodymyr Zelensky, yemeye bwa mbere ko igisirikare cye kigaba igitero cyambukiranya imipaka mu karere ka Kursk mu burengerazuba bw’Uburusiya. Gusavuze ko ibitero 2,000 byambukiranya umupaka byagabwe n’Uburusiya bivuye mu karere ka Kursk kuri iyi mpeshyi.

Yagejeje ku baturage ba Ukraine mu mujyi wa Kyiv, Zelensky avuga ko ntwaro za rutura, zirimo iza morutsiye [mortiers] na za drone [indege nto z’intambara zitarimo umupilote] zikomeje kubagabwaho. Ati: “Tunagabwaho ibitero bya misile, kandi buri gitero nk’icyo gikwiye igisubizo kiboneye.”

Mu mpera z’icyumweru dusoje , minisiteri y’ingabo z’uburusiya, yavuze ko abasirikare babwo baburijemo amagerageza y’imitwe y’umwanzi igenda yimuka n’imodoka zitamenwa n’amasasu asanzwe igamije kugera kure ku butaka bw’Uburusiya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *