Abasirikare barindwi ba Kenya bari mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Somalia (AMISOM), bahitanywe n’igitero cyagabwe na Al Shabaab, abandi babiri barakomereka.
Ni igitero cyagabwe kuri iki cyumweru tariki ya 6 Gicurasi 2018, aho abarwanyi ba Al Shabaab bateye igisasu cya bombe ku modoka yari itwaye abasirikare mu gace ka Dhobley kari hafi y’umupaka wa Kenya na Somalia.
Nk’uko VOA ibitangaza, ngo umusirikare wa somaliya utashatse ko amazina ye atangazwa, yavuze yo yabonye imirambo y’abasirikare barindwi ndetse n’abandi babiri bakomeretse cyane.
Umutwe wa Al-shaabab wigamba kugaba icyo gitero, utangaza ko cyaguyemo abasirikare 15 ba Kenya, mu gihe Leta ya Kenya yo itaragira icyo itangaza kuri iki gitero. Ibi bikaba bibaye mu gihe mu kwezi gushize nabwo igitero nk’iki cyahitanye abasirikare benshi ba Somalia.
Mu ntangiriro za 2016, aba barwanyi ba Al Shabaab bigambye kugaba igitero ku basirikare ba Kenya bari mu butumwa bw’amahoro mu Majyepfo ya Somalia mu mujyi witwa El-Ade, icyo gihe zica abasirikare basaga 60.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya



