Abasirikare basaga 100 ba Ethiopia bamaze gukomerekera mu mirwano muri Tigray

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare ba Ethiopia basaga 100 bamaze gukomerekera mu mirwano imaze iminsi itanu ibera mu Ntara ya Tigray, mu gihe imibare ikomeje kuzamuka nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Abiy Ahmed.

Amakuru aturuka mu nzego z’ubuzima muri Ethiopia aravuga ko abasirikare babarirwa mu 100 barimo kuvurwa ibikomere mu bitaro byo mu Ntara ya Amhara.

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yasabye amahanga kumva ibikorwa bya gisirikare yatangije mu cyumweru gishize ku ishyaka TPLF, riyobora iyi ntara iherereye mu majyaruguru y’igihugu, ashinja gushaka guhungabanya igihugu.

Abiy Ahmed avuga ko iri shyaka ryahaye amafaranga, imyitozo ndetse n’ibikoresho abashaka gukora ibikorwa by’ubwicanyi kandi bitemewe n’amategeko bigamije guhungabanya leta y’inzibacyuho.

Radio Ijwi rya Amerika rivuga ko Papa Fransisiko yasabye Abanya-Ethiopia kwirinda intambara bakayoboka inzira y’ibiganiro n’amasengesho.

Umuyobozi w’Intara ya Tigray, Debretsion Gebremichael, we yasabye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, A.U, kugaragaza uruhare rwawo mu gukumira ko Ethiopia yajya mu ntambara hagati y’abenegihugu.

Kuri iki Cyumweru, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia akaba yirukanye ku kazi umugaba mukuru w’ingabo, Gen Adem Mohammed, amusimbuza uwari umwungirije, Gen Berhanu Jula, yirukana umukuru w’urwego rw’ubutasi, Demelash Gebremichael, amusimbuza umuyobozi w’Intara ya Amhara, Temesgen Tiruneh.

Abiy Ahmed kandi yirukanye uwari minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Gedu Andargachew, amusimbuza uwari Minisitiri w’Intebe Wungirije, Demeke Mekonen

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *