Abaturage bo mu gace ka Arua gakora ku mupaka wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, batwitse abasirikare batatu ba Uganda barapfa.
Ku wa Gatandatu tariki ya 21 Nyakanga 2018, nibwo ubu bugizi bwa nabi bwabaye ahitwa Pelele mu karere ka Arua, abaturage ngo bakaba bari bariye karungu bashinja aba basirikare kubiba bakanabahohotera.
Polisi muri aka gace iremeza aya makuru y’urupfu rw’aba basirikare batatu, umuvugizi wayo muri aka gace, Mme Josephine Angucia akaba avuga ko atazi icyo abo bapolisi bakoze muri icyo giturage kiri mu birometero umunani uvuye aho ibiro byabo biri cyaba cyatumye abaturage barakara kugera aho bihorera bene aka kageni.
Nk’uko ikinyamakuru The Eastafrica kibitangaza, kivuga ko imirambo y’aba basirikare batatu yajyanwe ku bitaro bikuru bya Arua gukorerwa isuzuma.
Bitangazwa kandi ko ku cyumweru tariki ya 22 Nyakanga, aho ubu bugizi bwa nabi bwabereye, hatoraguwe imbunda eshatu n’amasasu 90, byose ngo bikaba byarashyikirijwe polisi, abantu umunani ngo bakaba batawe muri yombi aho barimo gukorerwaho iperereza.


