Igisirikare cya Repubulika ya Centrafrique cyabohoye abasirikare bacyo 19 bari barashimuswe n’inyeshyamba zo mu mutwe wa CPC (Coalition des patriotes pour le changement), nyuma y’imirwano ikomeye iheruka gusakiranya impande zombi.
Ku itariki ya 14 Gashyantare ni bwo bariya basirikare bari barafashwe bugwate n’inyeshyamba.
Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge (CICR) yemeje ibohorwa ryabo yavuze ko babohowe nyuma y’imirwano ikomeye yabereye mu majyaruguru ya Centrafrique, hafi y’agace iki gihugu gihuriyeho n’ibihugu bya Tchad na Sudani.
Irekurwa ryabo kandi ryanemejwe na bamwe mu bagore babo bavuganye na Radiyo y’Abadage (DW), aho batangaje ko “ari ibyishimo kuri twe abagore b’abasirikare. Twiruhukije. Kubera ko iyo bari mu mirwano ntituba dufite umutima ukomeye, ikindi ntibiba byoroshye kubana n’abana mumazu akodeshwa. Irekurwa ryabo ryaturuhuye.”
CPC biciye muri Serge-Simon Bozanga usanzwe ari umuvugizi wayo yatangaje ko nta mutima mubi ifitiye “abavandimwe bacu ba FACA (Igisirikare cya Centrafrique)”, ishimangira ko ikiyiraje ishinga ari uguharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu mpuzamahanga.
Yunzemo ko bariya basirikare “bafashwe neza kandi bacungirwa umutekano mu gihe cy’ifatwa ryabo.”
Kuri ubu amakuru avuga ko Ingabo za Centrafrique zigikomejwe kwibasirwa n’ibitero bya CPC.
Nko muri iki cyumweru izi nyeshyamba zagabye igitero ku birindiro by’Ingabo za Leta biri mu gace kitwa BossemptĂ©lĂ© kari ku ntera ya Kilometero 300 ujya mu majyaruguru ashyira u Burengerazuba bw’Umujyi wa Bangui, gikomerekeramo abasirikare batatu.
Ingabo za Centrafrique cyakora zashoboye kugisubiza inyuma.
Ni ibitero zikomeje kugabwaho mu gihe habura iminsi mike ngo Repubulika ya Centrafrique yizihize imyaka 62 imaze ibonye ubwigenge.


