Abasirikare benshi ba Kenya bapfiriye mu mpanuka ya kajugujugu

Sangiza iyi nkuru

Byibuze abasirikare 10 ba Kenya kuri uyu wa Kane, itariki 24 Kamena 2021 bapfiriye mu mpanuka ya kajugujugu yari ibatwaye ubwo yari irimo kururuka hafi y’umurwa mukuru, Nairobi nk’uko byatangajwe n’igisirikare.

Iyi kajugujugu yo mu bwoko bwa Mi 171 E y’Igisirikare cyo mu kirere cya Kenya yakoze impanuka ahagana saa tatu mu karere ka Kajiado, nk’uko byatangajwe n’igisirikare mu itangazo cyashyize ahagaragara.

Byibuze abasirikare 10 nibo bapfuye abandi 13 barakomereka nk’uko ibinyamakuru byo muri iki gihugu birimo kuvuga.

Abakomeretse bajyanwe mu yindi ndege ku Bitaro bya Gisirikare bya Nairobi, ngo bakurikiranwe nk’uko iyi nkuru dukesha VOA Afrique ivuga.

Abashinzwe iperereza kandi boherejwe ahabereye impanuka ngo bamenye impamvu yaba yayiteye.

Abasirikare bari bari muri iyi ndetse abayobozi batangaje ko bari bari mu butumwa bw’imyitozo.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *