Abasirikare kabuhariwe barwanira mu mazi ba Uganda bataye muri yombi abanye Congo 18

Sangiza iyi nkuru

Abanye Congo 18 b’abarobyi batawe muri yombi n’abasirikare kabuhariwe barwanira mu mazi ba Uganda, bakaba bafungiye ahitwa Rwachama kuva ku wa Gatanu tariki ya 6 Nzeri 2019.

Ni amakuru yemezwa na Perezida wa Koperative y’abarobyo muri Virunga (COOPEVI),  Pascal Muko, akemeza ko 12 ari ab’i Kyavinyonge na 6 bo muri Kasindi, Teritwari ya Beni.

Avuga ko umubare w’abarobyi b’abanye Congo bafatwa n’abasirikare ba Uganda wiyongera, abagera mu 140 barafashwe bafungirwa muri gereza ya Katwe, 105 muri bo bakaba baraciriwe imanza.

Nk’uko Radio Okapi ibitangaza, arasaba abarobyi kwitwararika ndetse bakanirinda kurenga imbibi z’igihugu cyabo. Ati “Ndasaba abarobyi kubahiriza imbago z’ibihugu. Turasaba abayobozi b’igihugu cyacu ko amategeko agengwa mu kiyaga cya Edouard yanozwa, aya mabwiriza akaba arebana no kugabanya umubare w’abarobyi.

Yakomeje avuga ko mu gihe abarobyi baba bagabanutse n’aho barobera haba hahagije aho kwishora mu mazi y’ikindi gihugu.

Mu mpera z‘icyumweru gishize ngo Leta ya Uganda ikaba yararekuye abarobyi 9 b’i Kyavionyonge ariko bamaze igihe barafashwe, bakaba bari bamaze amezi atatu bafungiye i Katwe muri Uganda.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *