Ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziteganya gufatira Uganda kubera uburiganya zivuga ko bwabaye mu matora aheruka muri Uganda ngo byaba bibabaje ariko ntibihangayikishije abategetsi b’iki gihugu nk’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Sam Kutesa, yabitangarije RFI.
“Byaba bibabaje baramutse badufatiye ibihano, ariko mbere na mbere ndatekereza ko amatora yacu yabaye mu bwisanzure kandi mu mucyo, n’amahoro,” uyu ni Sam Kutesa.
Kuwa kabiri ushize nibwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko amatora yo muri Uganda yaranzwe n’amakosa no gukoresha inzego z’umutekano ku bakandida batavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’abakozi ba Sosiyete sivile.
Umuvugizi wa Department ya leta, Ned Price, yabwiye abanyamakuru ko bifuzaga kubona amatora akozwe mu bwisanzure, yizewe, kandi atabogamye, ariko habayeho kwiba amajwi no gutoteza abatavuga rumwe n’ubutegetsi.
Ned ati “Tuzareba uburyo butandukanye bwo guhitamo kubaza abo bagize inzego z’umutekano bashinjwa ibyo bikorwa.”
Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivuga ko zishobora gufatira Uganda ingamba zirenze cyangwa ibihano bishobora no kugera kuri Perezida Yoweri Museveni.
Ku ruhande rwa Uganda ariko, minisitiri Kutesa avuga ko Guverinoma ye yamaganye urwo ruhande Amerika iriho kandi ko uburiganya ubwo ari bwo bwose bw’amatora bushobora gukurikiranwa binyuze mu nzira zemewe n’amategeko, zishimangira ubwigenge bw’ubucamanza bwa Uganda.
Umuvugizi wa Guverinoma ya Uganda, Ofwono Opondo, yatangaje ko Kampala itarabona ibyo Guverinoma y’Amerika ivuga mu nyandiko, kandi ko “izabisubiza mu buryo bukwiye kandi neza” mu gihe Washington yabagezaho ibyo bibazo.
Opondo ati: “Hagati aho, Guverinoma y’Amerika irusheho gukosora amatora yayo bwite, nk’uko bivugwa n’uwahoze ari Perezida Donald Trump, ko n’abapfuye batoye kandi Joe Biden ari ku butegetsi binyuze mu buriganya, bityo bakaba bagomba kuba aba nyuma mu gutanga amasomo.”
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


