Abaturage 12 biciwe mu karere k’umupaka ukungahaye kuri peteroli katavugwaho rumwe hagati ya Sudani na Sudani y’Amajyepfo mu byo abayobozi b’inzego z’ibanze bavuze kuri uyu wa Mbere ko ari ubwicanyi bwakozwe n’aborozi.
Igitero cyagabwe mu gitondo cyo ku cyumweru mu mudugudu uri ku birometero 40 mu burasirazuba bw’umujyi wa Abyei, akarere gakunze gutera amakimbirane karinzwe na Loni kuva Sudani y’Epfo yabona ubwigenge mu 2011.
Kon Manyiet Matiok, umuyobozi wungirije w’akarere ka Abyei, yavuze ko abashumba ba Misseriya bitwaje intwaro baturutse muri Sudani bateye umudugudu wa Dunguob mbere y’uko bucya.
Matiok yatangarije AFP ati: “Bagabye igitero muri ako gace baturutse mu byerekezo bitatu bitandukanye, bituma hicwa abantu 12.” Yongeyeho ko abandi barindwi bari mu bitaro bakomeretse bikomeye.
“Ubuyobozi bwa Abyei n’abaturage bose ba Abyei baramagana mu buryo bukomeye bushoboka iki gitero cy’ubugome, ndetse n’ubugwari no kwica inzirakarengane.”
Matiok yavuze ko abungeri bamwe, bagiye bashyirwa mu majwi na Loni mu bugizi bwa nabi bwashize, bagize uruhare mu byabaye ku wa Gatanu aho umusaza yiciwe undi agakomereka.
AFP yashakishije ibisobanuro ku bayobozi ba Sudani.
Umuvugizi w’urwego rw’umutekano rw’agateganyo rw’Umuryango w’Abibumbye muri Abyei (UNISFA), rwoherejwe muri ako karere mu mwaka wa 2011, yatangaje ko abapfuye bazize igitero cyo ku cyumweru saa tanu avuga ko iperereza ryatangijwe.
Umuvugizi wa UNISFA, Daniel Adekera, avugana na AFP yagize ati: “Nibyo koko ingabo zacu, zimaze kumva raporo, zagiye aho byabereye ariko ikibabaje ni uko abagabye igitero bari bamaze kuhava”. Yongeyeho ko kugeza ubu nta muntu n’umwe wigeze atabwa muri yombi.
Muri uku kwezi akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano kemeje umwanzuro uzakomeza kugeza ku ya 15 Ugushyingo w’ubutumwa bwa UNISFA bwo kubungabunga amahoro, nyuma y’uko Sudani na Sudani y’Amajyepfo binaniwe kumvikana ku butaka birwanira.
UNISFA ifite ingabo zigera ku 4000 kandi igizwe ahanini n’ingabo za Ethiopia, zoroherejwe mu 2011 nyuma y’imirwano ikaze yakuye mu byabo abantu bagera ku 100.000.
Akanama gashinzwe umutekano ka Loni kategetse ko Abyei ikomeza kuba agace katarangwamo ingabo izo ari zo zose, harimo n’abaturage bitwaje intwaro.
Ariko kuva icyo gihe hahora umwuka mubi hagati y’abaturage bo mu bwoko bw’Aba-Dinka bo muri Sudani y’Epfo n’aborozi b’Aba-Misseriya, baturuka muri Sudani bashaka aho amatungo yabo arisha.
UNISFA yatangije ibiganiro by’aya moko yombi ariko iyicwa ry’abasivili ntiribura.
Muri Mata 2020, UNISFA yavuze ko Aba-Misseriya bari inyuma y’igitero cyagabwe ku mudugudu cyahitanye abantu bane. Muri Mutarama muri uwo mwaka, byibuze abantu 19 baguye mu kindi gitero cyashinjwaga abashumba.


