Abunganira Umuherwe w’Umunyarwanda, Kabuga Felicien ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bavuga ko abamurega babyihorera kuko ubuzima bwe butameze neza, buri hagati y’urupfu n’umupfumu. Mu nyandiko yashyikirijwe Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC/CPI), yabonywe na AFP, ababuranira Kabuga bavuga ko ” Gukomeza kuburanisha Kabuga bishobora gufatwa nko guhutaza bikomeye uburenganzira bwe.” Bavuga ko ” Kabuga ‘ntameze neza’ wo gukurikirana urubanza rwe.” Hagati aho, ntiharamenyekana igihe urubanza rwe ruzakomereza. Felicien Kabuga w’imyaka 84 yafatiwe mu Bufaransa mu mwaka ushize. Afungiwe i La Haye. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


