96057571-14485065-image-a-1_1741682104896

Abavuraga Diego Maradona bashobora gufungwa imyaka 25

Sangiza iyi nkuru

Mu mujyi wa Buenos Aires, hatangiye urubanza rw’abaganga barindwi bavuraga Diego Maradona mbere y’urupfu rwe mu 2020.

Aba baganga bashinjwa uburangare bwateye urupfu rw’uyu mukinnyi w’icyamamare, wapfuye azize umutima nyuma y’ibyumweru bibiri avuwe kuva amaraso mu bwonko. 

Umushinjacyaha yavuze ko Maradona yasezerewe mu bitaro hakiri kare kandi atitaweho neza mu rugo, ibintu yise “uburangare bukabije” bwatumye apfa. Umuryango wa Maradona uvuga ko abaganga bamwitagaho bakoze uburangare ndetse bakagira n’imyitwarire mibi.

Abaregwa barimo umuganga w’ubwonko Leopoldo Luque, umuganga w’indwara zo mu mutwe Agustina Cosachov n’abandi.

Abaregwa bose bahakana ibyo baregwa, ariko nibahamwa n’icyaha bashobora gufungwa imyaka igera kuri 25.

Urubanza ruteganyijwe kumara amezi ane, rukazumvwamo abatangabuhamya barenga 100, barimo n’abagize umuryango wa Maradona.

Maradona, w’imyaka 60, yapfuye mu Ugushyingo 2020 azize indwara y’umutima, nyuma y’igihe kinini arwaye, harimo n’ibibazo by’imikoreshereze y’ibiyobyabwenge n’inzoga.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *