Abayobozi bakuru ba M23 batumiwe i Luanda na João Lourenço

Sangiza iyi nkuru

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo avuga ko abayobozi bakuru mu mutwe wa M23 bari i Luanda mu murwa mukuru wa Angola, aho bitabiriye ubutumire bwa Perezida João Lourenço wa kiriya gihugu.

Abo bivugwa ko bari i Luanda barimo Bertrand Bisimwa usanzwe ari Perezida wa M23, umuvugizi mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka ndetse n’uwitwa Castro wa hafi cyane ya Gen. Sultani Makenga uyoboye Igisirikare cy’uriya mutwe.

Amakuru avuga ko ibiganiro bya M23 na Perezida Lourenço usanzwe ari umuhuza mu bibazo by’umutekano muri Congo Kinshasa bigamije gusaba abarwanyi b’uriya mutwe kurambika intwaro hasi ndetse no kubasubiza mu buzima busanzwe.

Perezida João Lourenço yaherukaga kubwira Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) ko yatangiye kuvugana n’uruhande rwa M23 guhera ku wa 28 Gashyantare uyu mwaka.

Hagati aho mu gihe abayobozi ba M23 bari i Luanda, imirwano hagati y’uriya mutwe n’Ingabo za Leta ya Congo Kinshasa iracyakomeje.

Ni mu gihe impande zombi zimaze igihe zarasabwe guhagarika imirwano ndetse M23 ikaba yamaze kuva mu bice byose yigaruriye bitarenze tariki ya 30 z’uku kwezi, gusa nta ruhande na rumwe rugaragaza ubushake bwo kubahiriza ibyo bombi basabwe.

M23 mu butumwa yanyujije ku miyoboro y’itumanaho mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, yemeje ko imirwano yari ikijya mbere hagati y’abarwanyi bayo bari bahanganye n’ibitero bikomeye bya FARDC, imitwe yitwaje intwaro bakorana ndetse n’abacancuro.

Yagize it: “Muri uyu mwanya M23 iri kwirangaraho kinyamwuga ikanarinda abaturage amabombe y’Ingabo z’ihuriro rya Guverinoma ya Kinshasa rigizwe na FARDC, FDLR, NYATURA, ACPLS, CODECO, PARECO, MAI-MAI ndetse n’abacancuro.”

Uyu mutwe wavuze ko ibyo bisasu byarimo bisukwa mu gace ka Kingi ho muri Teritwari ya Masisi, wungamo ko imirwano yari igikomeje.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *