Abofisiye 2 ba FARDC bashinjwa gutanga intwaro zica Abanyamulenge batawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare babiri bakuru, Colonel na Major, ba FARDC, batawe muri yombi n’ubutabera bwa gisirikare i Minembwe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho Kivu Security Barometer itangaza ko aba basirikare bakuru ba leta bashinjwa gukorana n’imitwe ya Mayi-Mayi bayiha ibikoresho muri ako karere.

“Abasirikare bakuru babiri bo muri brigade ya 12 ya FARDC (ifite icyicaro i Minembwe) bakekwaho gukorana n’imitwe ya Mai-Mai batawe muri yombi. Nk’uko amakuru aturuka mu nzego z’ibanze yemejwe n’andi aturuka muri FARDC n’andi masoko menshi avuga, bimuriwe mu kigo cya gisirikare cya SaĂŻo i Bukavu ”ibi bikaba bigaragara ku rubuga rwa tweeter rwa Kivu Security, umushinga wo mu Itsinda ry’Inyigo kuri Congo ( GEC) wo muri Kaminuza ya New York.

Aya makuru kandi yemejwe n’ishyirahamwe Mahoro Peace rihuza abagize umuryango w’Abanyamulenge kuri tweeter ku wa Gatatu, itariki 30 Nzeri nk’uko iyi nkuru dukesha urubuga mediacongo.net ikomeza ivuga.

Bati: “Ifatwa rya Col Vipère na Major MoĂŻse (FARDC Monyi) bivugwa ko bahaye amasasu Aba-Mai-Mai bica Abanyamulenge muri Minembwe ni inkuru nziza. FARDC igomba guhana ibintu nk’ibi kuko urubuto rwaboze rishobora kwangiza indabyo ”.

Aya makuru aje nyuma y’iminsi mike nyuma y’uruzinduko Minisitiri w’ingabo, Aimé Ngoy na mugenzi we minisitiri ushinzwe kwegereza abaturage ubuyobozi, Azarias Ruberwa, baherutse kugirira mu Minembwe . Ku wa Kabiri, itariki ya 29 Nzeri 2020, Ambasaderi w’Amerika muri Congo, Mike Hammer, nawe yari muri ako karere, aho yari yagiye kumva uko ikibazo cy’umutekano kifashe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *