Umunya-Misiri, Mohamed Aboutrika, yongeye kureba Al Ahly yubakiyemo amateka ikina, nyuma y’imyaka ine yarahunze igihugu cye kubera gushyirwa ku rutonde rw’ibyihebe.
Nta mukunzi w’umupira w’amaguru muri Afurika utaramenye Aboutrika, kubera ibigwi bikomeye yubatse mu mupira w’amaguru wa Afurika.
Uyu mugabo w’imyaka 42 y’amavuko wamaze gusezera umupira w’amaguru, azwi cyane mu kipe ya Al Ahly yatwaranye na yo ibikombe bitanu bya CAF Champions league ndetse na birindwi bya shampiyona ya Misiri, akayitsindira ibitego 150.
Ikipe y’igihugu ya Misiri yari abereye Kapiteni yo yayikiniye imikino 100, ayitsindira ibitego 38.
Mu 2012, Aboutrika ni umwe mu bari bashyigikiye bikomeye Mohamed Morsi wo mu ishyaka rya Muslim Brotherhood waje no gutorerwa kuba Perezida w’igihugu gusa bidatinze imyigaragambyo y’abatari bamushyigikiye iza gutuma ava ku butegetsi ashinjwa kwica abo batavuga rumwe ndetse muri Gicurasi 2015 yakatiwe igihano cyo gupfa mbere yo kwitaba Imana muri 2019.
Uyu mukinnyi wafatwaga nk’impano idasanzwe mu gihe cye, yashyizwe ku rutonde rw’abahatanira igihembo cy’umukinnyi mwiza muri Afurika gitangwa na BBC mu 2006 aza kucyegukana mu 2008 ahigitse ibihangange nka Drogba, Eto’o na Emmanuel Adebayor bakinaga i Burayi nyamara we akina muri Al Ahly.
Aboutrika wari kapiteni wa Misiri yitabiriye imikino ya Olympic i Londres mu 2012, ni umwe mu bantu babaye ibyamamare cyane muri iki gihugu ndetse abafana bamwitaga “Prince of Hearts” nyuma yo gufasha Misiri kwegukana igikombe cya Afurika cya 2006 akongera muri 2008 atsinze igitego kimwe rukumbi ku mukino wa nyuma bakinnye na Cameroun.
Gusa byaje guhinduka urukundo yari afitiwe ruza kuyonga ubwo yatangazaga ku mugaragaro ko ashyigikiye ishyaka rya Muslim Brotherhood mu matora y’Umukuru w’Igihugu mu 2012.
Byari nyuma y’umwaka umwe agaragaje ko yari mu bashyigikiye imyigaragambyo yasize Hosni Mubarak wari umaze imyaka 30 ari Perezida wa Misiri ava ku butegetsi.
Aboutrika yatangiye guhigwa na muri 2013, ubwo General Abdel Fattah el-Sisi kuri ubu ukiyobora Misiri yafataga ubutegetsi, abuhiritseho nyakwigendera Morsi wari waratowe n’abaturage.
Uyu mukinnyi wari ukunzwe n’imbaga y’abanya-Misiri, yatangiye guhigwa nyuma y’itsinda ry’abafana ba Al Ahly bazwi nka “Ahlawys” bari baratangiye guhigwa bashinjwa kwigira intagondwa, bijyanye n’uko ari bo bakongeje imyigaragambyo yahiritse Mubarak.
Muri 2015 Leta ya Misiri yafatiriye imitungo Aboutrika yari afite ku butaka bwa kiriya gihugu imushinja ku kuba company yari yagize uruhare mu gushinga yari ifite aho ihuriye n’ishyaka Muslim Brotherhood, birangira inamushyize ku rutonde rw’ibyihebe muri 2017 ari na bwo yahunze kiriya gihugu akerekeza muri Qatar.
Nyuma y’imyaka ine uyu mugabo yabashije kubona Al Ahly ikina, ubwo yahuraga na Bayern Munich mu mukino w’igikombe cy’Isi cy’ama-Clubs kiri kubera muri Qatar.
Ni umukino warangiye Al Ahly itsinzwe ibitego 2-0 byombi byatsinzwe na Robert Lewandowski.
Mohamed Aboutrika ni umwe mu bafana ba Al Ahly bari bari muri Stade, gusa ntiyagize amahirwe yo guhura n’abagize iriya kipe kubera ingamba ziremereye zashyizweho zo kwirinda icyorezo cya COVID-19.




