Adeline Rwigara yongeye guhamagazwa, ntiyitaba

Sangiza iyi nkuru

Adeline Rwigara Mukangemanyi , umufasha wa nyakwigendera Rwigara Assinapol yatangaje ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwongeye kumuhamagaza ku Cyumweru tariki ya 11 Mata 2021, ntiyitaba.

Adeline yabitangarije mu kiganiro yagiriye kuri shene ya YouTube yitwa Vquick TV cyatambutse kuri uyu wa 12 Mata 2021. Yagize ati: “Hari indi convocation (ihamagara) yaje, nta n’ubwo ari njyewe bahamagara buri gihe, bayicisha mu bayobozi b’imidugudu na ba Gitifu sinzi ibyo ari byo, ntibajya bambwira, ahari ni uko nta telefone mfite kuva nava muri gereza, ariko bakayicisha muri abo ngabo, bagahamagara umwana agasinya bakayizana.”

Yakomeje ati: “Iya kabiri rero bayoherejwe ejo bundi (ku Cyumweru) nimugoroba, ngo yo kwitaba Lundi, donc (mbese) ku wa Mbere ejo ni ukuvuga saa tatu.”

Yakomeje avuga ubutumwa buri muri Bibiliya, avuga ko haba muri gereza ya 1930 na Mageragere ndetse no muri RIB yahabonye Imana, ati “Byose biberaho kutuzanira ibyiza.”

Tariki ya 6 Mata 2021 ni bwo RIB yamuhagaje bwa mbere, ngo yitabe tariki ya 8. Icyo gihe yavuze ko atitaba kubera ko ari mu bihe byo kwibuka umugabo we, Rwigara Assinapol kandi ko guhera tariki ya 7 yatangiye kwibuka abazize jenoside yakorewe Abatutsi, byarangiye kuri uyu wa 13 Mata 2021.

Icyo gihe ntabwo yitabye nk’uko Umuvugizi wa RIB w’umusigire, Dr Murangira B. Thierry yabitangarije Radiyo Ijwi rya Amerika tariki ya 8 Mata.

Dr Murangira yavuze ko Adeline Rwigara azongera guhamagazwa ku nshuro ya kabiri.

Itegeko riteganya ko uwo ubugenzacyaha buhamagaje kabiri atitaba, bushobora kwifashisha ubushinjacyaha bugakora inyandiko imujyana ku gahato ku mugenzacyaha umushaka, akamubaza nk’uko bisanzwe.

Adeline Rwigara si ubwa mbere yumvikanye mu rwego rugenza ibyaha kuko mu mwaka w’2017 rwamutaye muri yombi rumukurikiranyeho ibyaha birimo kubiba amacakubiri. Gusa nyuma y’umwaka urengaho gato afunzwe, urukiko rwamugize umwere, ararekurwa.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *