ADF yatsinzwe kera, ibyo ikora ni ukubara nabi: Perezida Museveni

Sangiza iyi nkuru

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yongeye kuburira umutwe w’iterabwoba wa ADF, awuteguza ko ingabo za Uganda zizawurandura burundu.

Museveni yabigarutseho mu ijoro ryakeye, mu ijambo yagejeje ku baturage ba Uganda.

Muri iri jambo yagarutse ku bikorwa byo guhiga abarwanyi ba ADF mu mashyamba ya Congo ingabo za Uganda zimaze igihe zifatanyamo n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yavuze ko abarwanyi barenga 560 b’uriya mutwe ari bo bamaze kwicwa, mu gihe abarenga 50 bafashwe mpiri.

Museveni yashimangiye ko ADF kuri ubu nta yandi mahitamo isigaranye atari ukuyamanika, ngo kuko hashize igihe kirekire yaratsinzwe.

Ati: “Igihugu ntigikwiye kugira igihunga cyangwa ubwoba bw’ibyihebe bya ADF, kubera ko byatsinzwe kera cyane. ADF yatsinzwe bwa nyuma muri 2007, mbere y’inama ya Commonwealth ubwo yageragezaga kwinjira muri Uganda inyuze muri RDC.”

Museveni yavuze ko ADF imaze igihe igerageza kwinjira muri Uganda aho itega ibisasu ikanica bamwe mu baturage, gusa ayiburira ko ibi ari ukwibeshya.

Ati: “Ibi ni ukubara nabi cyane kuri ADF ndetse tuzabarangiza. Tuzi abategura ibi bitero, kandi Guverinoma ya RDC yatwemereye kwinjirayo tugahiga ibi byihebe.”

Mu byo Museveni yasabye Abagande harimo kugira ubushishozi no gukurikiranira hafi abantu binjira mu duce batuyemo batabazi.

Yategetse ko mu hantu hahurira n’abantu benshi nko mu nsengero no mu mahoteli ari ngombwa ko abahinjira babanza kwerekana ibibaranga, mu rwego rwo kwirinda ko bahungabanya umutekano.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *