Uwahoze ari umutoza wa APR FC, Adil Erradi, yahakanye amakuru yavugaga ko ashobora kugaruka muri shampiyona y’u Rwanda, nubwo hari abamuhuza na Police FC nyuma y’iyegura rya Vincent Mashami.
Erradi, wahoze atoza APR FC hagati ya 2019 na 2022, yayifashije kwegukana ibikombe bitatu bikurikirana bya shampiyona, ndetse anasiga atsinze imikino 50 yikurikiranya ataratsindwa, kugeza ubwo batsinzwe na Mukura mu kwezi kwa kabiri 2022.
Mu kiganiro na Times Sport, Erradi yavuze ati: “Nta kipe yo mu Rwanda irampamagara cyangwa ngo impe ubutumwa bwemewe.” Yongeyeho ko nubwo atarahitamo aho ajya, afite andi mahirwe yo gutoza mu bindi bihugu.
Erradi yavuze ko atafunze imiryango ku Rwanda: “Yego, nshobora kugaruka mu Rwanda niduhabwa amahirwe yo kongera gutoza.”
Muri rugendo rwe, Adil Erradi yanyuze mu makipe atandukanye arimo RC Schaerbeek, Brussels FC, White Star, Bechem United, Raja CA, IR Tangier, ndetse na APR FC.


