Kamanyola

AFC/M23 yafungiye ibirindiro i Kamanyola nyuma yo gusubira inyuma ibilometero 70

Sangiza iyi nkuru

Nyuma yo kuva bwa mbere, ku wa Mbere, itariki 11 Gicurasi, i Sange bajya i Luvungi, abarwanyi ba AFC / M23 bakomeje gusubira inyuma kwabo ku wa Kabiri, itariki ya 12 Gicurasi, ku muhanda wa Uvira-Bukavu, bahagarara i Kamanyola, mu bilometero 70 mu majyaruguru ya Uvira.

Nyuma y’ibi, Ingabo za DRC zatangaje ko zinjiye muri Luvungi no gusubira buhoro buhoro mu bice byo mu kibaya cya Ruzizi no muri ‘Hauts-Plateaux’, twahozemo AFC/M23.

Uku gusubira inyuma ngo ni ingaruka z’igitutu cya gisirikare na diplomasi nk’uko byatangajwe na Lieutenant Reagan Mbuyi, umuvugizi w’ingabo za Kongo muri Kivu y’Amajyepfo aganira na RFI.

AFC / M23 yateje uburakari Washington yinjira muri Uvira mu Kuboza 2025.Uhagarariye Amerika muri Loni yasabye ko uyu mutwe wavayo burundu ugasubira inyuma mu birometero 75 uvuye mu mujyi kandi ukubahiriza ibyo wiyemeje mu masezerano y’amahoro.

Kuva icyo gihe, Washington kandi yafatiye ibihano Ingabo z’u Rwanda n’abayobozi batandukanye bazo.

AFC / M23, ariko, ntabwo ivuga kuva mu bice yavuyemo ahubwo ivunga kongera kwipanga neza. Umwe mu bayobozi bakuru b’umutwe avuga ko ibi bifatwa nk’ikimenyetso cyo kwizera inzira y’amahoro.

Ku mugoroba wo kuri wa Kabiri ushize, umuvugizi w’ingabo z’igihugu cya Congo muri Kivu y’Amajyepfo, yavuze ko u Rwanda rwashinze intwaro zikomeye ku misozi yegereye umupaka hagamijwe gukomeza kugenzura Kamanyola no mu nkengero zaho.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *