AFC yahaye Tshisekedi igihe ntarengwa cyo kuba yavuye ku butegetsi

Sangiza iyi nkuru

Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC), ryahaye Perezida Félix Antoine Tshisekedi itariki ya 21 Ukuboza nka nyirantarengwa yo kuba yamaze kuva ku butegetsi.

Bikubiye mu itangazo ryasohowe na Corneille Nangaa wahoze ayobora Komisiyo y’amatora muri Repubulika (CENI) ari na we kugeza ubu uyoboye AFC.

Muri iri tangazo ririya huriro ryibukije Tshisekedi ko “ubutegetsi bwe bwamaze kugera ku iherezo, iminsi ye ku butegetsi yamaze kurangira.”

Iri huriro rya Politiki rinafite igisirikare ryamenyesheje Tshisekedi ko ku wa Kane tariki ya 21 Ukuboza agomba kuba yavuye ku butegetsi nta mananiza.

Riti: “AFC irizeza ko mu by’ukuri iri mu nzira zo gutabara abaturage ba Congo, ndetse ko guhera ku wa 21 Ukuboza 2023 Tshilombo atazongera kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kabone n’iyo yanyura mu ikinamico yo gutangaza ibyavuye mu matora.”

Nangaa n’ihuriro rye bavuga ko gahunda bafite ari “ugushyira iherezo” ku butegetsi bwa Tshisekedi bwaranzwe n’ibinyoma, icyenewabo gikabije, amacakubiri, gusahura umutungo w’igihugu ndetse no kudahana.

Yunzemo ati: “Nta kindi gihe cyo gupfusha ubusa kigihari. Ndagira Tshilombo inama yo kuva ku butegetsi mbere y’uko igihe kimushirana.”

Corneille Nangaa wasabye abo mu muryango wa Perezida Tshisekedi kumwinginga akazinga utwangushye bitaramukomerana, yavuze ko bitumvikana kuba Tshisekedi afata indangururamajwi akirirwa yegeka intege nke ku bantu batandukanye.

Ati: “Nta kintu na kimwe yumva yabazwa, habe n’umushahara we yirirwa yirengagiza kugeza ku munsi agiye kuvira ku butegetsi.”

Nangaa yavuze ko impamvu ari uko Tshisekedi asa n’uwagize umutungo ugenewe rubanda akarima ke bwite.

Yavuze ko muri iyi miyoborere ye y’igihu atabura abo agerekaho amakosa.

Ati: “Niba ikosa atari irya Minisitiri w’Intebe ni irya FARDC, abarimu, abacamanza, FCC iyo atari UNDP, abakandida b’amahanga, cyangwa Paul Kagame “wabaye umuvandimwe n’umufatanyabikorwa wizewe” mu minsi ya mbere ya manda ye mbere yo guhinduka bitunguranye igitaramo mu masaha ya nyuma y’amaganya ye ya Politiki.”

AFC yahaye Tshisekedi igihe ntarengwa cyo kuba yamaze kuva ku butegetsi, mu gihe kuri uyu wa Gatatu abanye-Congo barenga miliyoni 40 baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Ni amatora Tshisekedi yiyamamajemo, ndetse aranahabwa amatora yo gutorerwa kuyobora RDC muri manda ya kabiri y’imyaka itanu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *