Imyigaragambyo ikomeye y’abashyigikiye Jacob Zuma yadutse mu ntara ya KwaZulu-Natal, nyuma y’ifungwa ry’uriya mukamwe wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo.
Abigaragambya bakomeje gusaba ko Zuma arekurwa vuba na bwangu.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru ni bwo Jacob Zuma yinjijwe muri gereza, nyuma yo gukatirwa igifungo cy’amezi 15 n’Urukiko rushinzwe kurinda itegekonshinga rwamuhamije icyaha cyo kurusuzugura.
Impamvu ni uko uyu mukambwe w’imyaka 79 y’amavuko yari yaranze kurwitaba ngo rumukoreho iperereza ku byaha bya ruswa ashinjwa kugiramo uruhare kugeza muri 2018 ubwo yari akiri Perezida wa Afurika y’Epfo.
Imyigaragambyo mu ntara ya KwaZulu-Natal yatangiye kumvikana nyuma gato Zuma yari amaze kugezwa muri gereza, ifata indi ntera kuva mu ijoro ry’ejo ku wa Gatanu.
Gutwikira amapine y’imodoka mu mihanda, kuyihingagura, gusahura amaduka no gusenya ibikorwaremezo bitandukanye biri mu bikomeje kuranga iriya myigaragambyo.
Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yerekana amakamyo agurumana nyuma yo gutwikwa n’abigaragambya, bikavugwa ko amakamyo arenga 25 ari yo amaze gutwikwa nk’uko ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Afurika y’Epfo byabitangaje.
Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa mu butumwa bugaragara kuri Twitter y’ibiro bye, yasabye abigaragambya gutuza n’itabwa muri yombi ku bakomeje guteza imvururu.
Perezida Ramaphosa yaburiye abanyafurika y’Epfo ko ingaruka z’urugomo rukomeje gukorerwa imihanda n’izindi nzira nyabagendwa zifatwa nk’imiyoboro iganisha ku iterambere, zizumvwa n’abaturage bose barimo n’abategura kandi bagashyira mu bikorwa biriya byaha.
Yavuze ko impamvu zivugwa nk’izateje imvururu zikomeje kubera muri KwaZulu-Natal [Ifungwa rya Zuma] zidakwiye kuba urwitwazo rwo kwangiza ibikorwa remezo no guhohotera rubanda.
Ramaphosa yakomeje agira ati: “Itegekonshinga rirengera uburenganzira bwo kwigaragambya, ariko kwigaragambya ntibishobora gukoreshwa mu kurenga ku mategeko, cyangwa kwangiza umutungo no guhungabanya imibereho. Imitwe y’abanyabyaha yose ikwiye gukurikiranwa mu bubasha bwose bw’amategeko.”
Ramaphosa yasabye Polisi ya Afurika y’Epfo mu bushobozi bwayo bwose guhagarika ziriya mvururu, anasaba Guverineri wa KwaZulu-Natal, Sihle Zikalala, kugarura ituze mu baturage.


