Afurika y’Epfo: Umuhungu wa Jacob Zuma yatawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Umuhungu w’uwahoze ari perezida wa Repubulika y’Afurika y’Epfo Zuma, Duduzane Zuma aherutse gutabwa muri yombi ku kibuga cy’indege cya Johannesburg na we akurikiranyweho ibyaha bya ruswa.

Duduzane yagaragaye muri kariya gace mu cyumweru cyashize ubwo yari yitabiriye imihango yo gushyingura umuvandimwe we, ubwo yahitaga atabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha byo gushaka guha ruswa Minisitiri w’Imari n’igenamigambi muri 2015, gukorana n’umuryango w’abaherwe wo mu bwoko bwa Gupta ari na wo se ari kuzira gukorana na wo.

Duduzane Zuma kandi ashinwa kuba muri 2016 yaragongesheje imodoka umuntu agahita apfa mu mujyi wa Johannesburg.

Ubwo yashyikirizwaga ubutabera, umwunganizi we yasbye kuri uyu wa 9 Nyakanga 2017 ko urubanza rwe rwasubikwa rukimurirwa mu kwezi kwa mbere 2019 kugira ngo n’abandi bari mu kibazo kimwe na we babanze bashakishwe banakurikiranwe.

Perezida Zuma, se wa Duduzane Zuma na we ashinjwa ibyaha birimo forode, ruswa ndetse no gukoresha umutungo w’igihugu ungana n’akayabo k’asaga miliyari 2 z’Idorali.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *