Afurika y’Epfo: Zuma yashatse ko amatora yo kuwa Gatatu asubirwamo

Sangiza iyi nkuru

Ishyaka rya Jacob Zuma, wahoze ari Perezida w’Afurika y’Epfo Jacob, ririmo kugerageza gushyiraho imbogamizi, risaba ko amatora yo ku wa Gatatu w’iki cyumweru asubirwamo.

Ishyaka MK rya Zuma ryasabye ibi bitunguranye, cyane ko ari ryo ryitwaye neza cyane mu matora nubwo yarishinze mu Kuboza (12) kw’umwaka ushize. Ryaje ku mwanya wa gatatu mu kugira amajwi menshi mu matora ku rwego rw’igihugu.

Ariko ryananiwe gutsindira ubwiganze busesuye mu ntara Zuma avukamo ya KwaZulu-Natal.

BBC ivuga ko ari ikibazo gikomeye kuri iri shyaka, kuko bizaba ngombwa ko rishaka irindi bisungana mu rugaga niba rishaka gutegeka iyo ntara.

Ibi bigabanya ubushobozi bwuko Zuma yakoresha intara ya KwaZulu-Natal nk’izingiro ry’ibikorwa byo kurwanya muri politiki Perezida w’Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa, no kumuhatira kwegura.

Ngo ni yo ntego y’ibanze ya Zuma usa nk’ushaka kwihimura kuri Ramaphosa wamweguje nka Perezida mu 2018.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *