Agakiriro ko ku Gisozi mu Mujyi wa Kigali kafashwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo cyo kuri uyu wa 17 Kanama 2021. Amakuru avuga ko hataramenyekana icyateye iyi nkongi mu gihe BTN TV yo yatangaje ko kahiye kagakongoka. Abasanzwe bahakorera, bagaragara mu mashusho baterura bimwe mu byo bakoresha birimo imbaho ngo bidashya. Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe kuzimya umuriro yahagobotse ku buryo mu saa tatu n’iminota 40 umuriro wari umaze gucogora. Ntiharamenyekana agaciro k’ibyangiritse. Si ubwa mbere aka gakiririro gafatwa n’inkongi y’umuriro gusa akenshi byagiye bivugwa ko akenshi bikunze inkongi ikunze guterwa n’umuriro w’amashanyarazi. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ] Abanyarwanda bongeye gutabwa muri yombi bashinjwa kuba intasi\ikimwaro gikomeye\Afganistan irafashwe
youtube.com


