Agathon Rwasa ahakana ko CNL ikorana na RED Tabara

Sangiza iyi nkuru

Umudepite washinze ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi rya CNL, Agathon Rwasa, yahakanye ko ikirego cy’uko ryaba rikorana n’umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara ukorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC).

Tariki ya 20 Gashyantare 2022 ubwo yari avuye mu nama yahuje umuryango w’ubumwe bw’Uburayi (EU) n’uwa Afurika yunze ubumwe (AU) yaberaga mu Bubiligi, Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yanengeye imbere y’itangazamakuru abigaragambirije ikurwaho ry’ibihano EU yari yarafatiye igihugu cyabo.

Perezida Ndayishimiye kandi yatangaje ko yatunguwe no kubona umwe mu bo mu bayoboke ba CNL ari we wateguye iyi myigaragambyo yabereye mu Bubiligi mu gihe yari akiriyo, anemeza ko muri iri shyaka harimo abakorana na RED Tabara.

Yagize ati: “Naratangaye cyane kubona uwatumiye ari inshuti y’ishyaka CNL, nkibaza nti ‘None, umuntu wurira indege agiye gukorera hano imyigaragambyo, ishyaka rye ari ho uri’, yewe naravuze nti ‘Hariho abantu b’imburamukoro’. Rero aho sinabishimye narabagaye, kubwira amahanga ngo tubabaje n’uko u Burundi buvuye mu bihano, ni nko kwisuka ivu mu maso kuko nta n’umwe wabarebaga.

Nkaba nagira inama CNL, kwifatanya n’uriya mutwe wa RED Tabara wifatanya n’iterabwoba mu gihugu cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ukajya hamwe n’ishyaka ryemewe n’amategeko y’igihugu cyacu.”

Uyu Mukuru w’Igihugu icyo gihe yasabye CNL gusobanura uko yakiriye kubona abayoboke bayo bakorana na RED Tabara.

Ariko Agathon Rwasa mu kiganiro yagiranye na RT Isanganiro, yasobanuye ko ishyaka rye ritigeze ritegura iyi myigaragambyo kandi ngo ntiryigeze rinayitegura. Naho uwitwa Aimé Magera wayigaragayemo (ni we Perezida Ndayishimiye yatunze agatoki), ngo ntari mu buyobozi bukuru bw’ishyaka ku buryo yarihagararira.

Rwasa kandi yavuze ko atewe impungenge n’amagambo Perezida Ndayishimiye yavuze ku ishyaka rye, kuko ngo arerekana ko rimubabaje.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *