img-20210416-wa0038.jpg

Akanyamuneza ku maso ya Perezida Ndayishimiye na Mushikiwabo

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, kuri uyu wa 16 Mata 2021 bagaragayeho akanyamuneza ubwo bahuriraga muri Repubulika ya Congo.

Perezida Ndayishimiye na Mushikiwabo wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, bahuriye muri Congo bombi bitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Denis Sassou Nguesso uherutse gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Aba bombi bagaragaye basuhuzanya bakoresheje inkokora nka bumwe mu buryo bukoreshwa hirindwa ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19, bombi bamwenyura.

U Burundi ni kimwe mu bihugu bigize OIF, kikaba igituranyi cy’u Rwanda, iwabo wa Mushikiwabo.
img-20210416-wa0038.jpg

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *