Myugariro Daniel Alves, yagaragaje akanyamuneza kadasanzwe ubwo yongeraga guhura na bagenzi be bahoze bakinana muri FC Barcelona.
Mu cyumweru gishize ni bwo uyu myugariro w’iburyo ukomoka muri BrĂ©sil yagarutse muri FC Barcelona yasinyiye amasezerano y’umwaka umwe ariko ashobora kongerwaho undi.
Dani Alves w’imyaka 38, ni we mukinnyi watwaye ibikombe byinshi mu mateka y’umupira w’amaguru ku Isi.
FC Barcelona yayikiniye hagati ya 2008 na 2016 nyuma yo kuyigeramo avuye muri Sevilla FC, ayivamo yerekeza muri Juventus yo mu Butaliyani.
Uyu mukinnyi ufatwa nk’umwe mu beza bakina inyuma ku ruhande rw’iburyo ruhago y’Isi yatunze, kuri uyu wa mbere ni bwo yakoze imyitozo ya mbere muri FC Barcelona nyuma yo gutsinda ikizamini cy’ubuzima.
Akanyamuneza kari kose ku maso ye ubwo yongeraga guhura n’abarimo Sergi Roberto, Gerard Pique, Jordi Alba na Sergio Busquets; abakinnyi mbarwa yakinanye na bo muri FC Barcelona ubwo ibihe byari bikimeze neza.
Aba bagabo uko ari batanu byitezwe ko bagomba gufatanya n’umutoza Xavi Hernández na we bakinanye muri FC Barcelona bakongera kugarura ikuzo n’igitinyiro iyi kipe y’i Catalunya yamye ifite.
Biteganyijwe ko ejo ku wa Gatatu ari bwo Dani Alves azerekanwa ku mugaragaro nk’umukinnyi mushya wa FC Barcelona.








