Akarere ka Gasabo kaje imbere y’utundi 29 mu kwesa imihigo muri uyu mwaka wa 2015-2016 nk’uko byagaragajwe mu muhango wo gusuzuma ibyahizwe ubushize, aho aka karere kagize amanota 81.6%, gakurikirwa n’aka Gicumbi kagize 80.3%, naho Akarere ka Huye kaza ku mwanya wa gatatu n’amanota 78.98%.
Dore uko uturere twarushanyijwe:
Mu ijambo rye asobanura uko amanota yagiye atangwa, Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yavuze ko Igenzura ry #Imihigo 2015-16 ryagize umwihariko w’Imihigo ihuriweho n’Inzego z’Ibanze,Ubutegetsi bwite bwa Leta n’Abikorera. Minisiteri zari zihuriyeho n’izindi Nzego, yahawe amanota 30%, iyihariye ya buri Minisiteri yabariwe ku manota 70%.
Uturere twari duhuriyeho n’izindi Nzego yahawe 25%, iyihariye 65%, na Citizen Report Card2015-2016 yabariwe ku 10%. Itsinda rya Minisiteri zo mu rwego rw’Ubukungu zagize 65.5%, avuye kuri 73.3% yo muri 2014-2015 na 64.9% yo muri 2013-2014.
Minisiteri zihuriye mu Itsinda ry’Imibereho Myiza zo zabonye 53.5% avuye kuri 73.3% muri 2014-2015 na 64.6% muri 2013-2014, mu gihe Minisiteri zo mu Itsinda ry’Imiyoborere n’Ubutabera zabonye 50.6%, avuye kuri 76.9% 2014-2015, na 68.4% yo muri 2013-2014.
Minisitiri w’Intebe yakomeje avuga ko imihigo ihuriweho mu rwego rw’Ingufu, Ubuhinzi n’Ubworozi, Kohereza ibintu hanze n’Imibereho myiza yeshejwe hejuru ya 50%.
yakomeje avuga ko imihigo y’umwaka 2016-2017, Inzego zose bireba zaganiriye ku buryo burambuye, ziyemeza guhindura imikorere yazo.
Mu Turere Imihigo yo mu matsinda,y’Ubukungu,Imibereho myiza,Imiyoborere n’Ubutabera yabomye 68.03% avuye kuri 75% mu 2014-15, naho Imihigo yo mu rwego rw’Ubukungu ikaba yaraje ku isonga na 66.4%, Imibereho Myiza 61.7%, naho Imiyoborere n’Ubutabera ibona 58.9%.
Imihigo Uturere twari duhuriyeho n’izindi Nzego mu Ngufu, Guhanga Imirimo mishya itari iy’ubuhinzi n’ubworozi yabonye 60%.
Uburyo abaturage bishimiraga serivisi bahabwaga n’Inzego zibegereye, amanota ni 67.7% avuye kuri 71.1% yo muri 2014-2015. Yakomeje agira ati: “Ibikorwa dukesha ishyirwa mu bikorwa ry’Imihigo 2015/16 harimo ko hahanzwe imirimo mishya 203,492 kuri 241,455 yari yahigiwe.”.
Ingo 748,342 ku ngo 770,601 zari zahigiwe zegerejwe amazi, – Ingo 3,325 ku ngo 3,497 zari zahigiwe zafashijwe kubona Biogas. Ingo 69218 ku 100747 zari zahigiwe zagejejweho amashanyarazi,hubatswe ibyumba by’amashuri abanza & ay’ubumenyingiro 1115 ku 1133 byahigiwe.
Imihanda ya 230 km yari gusanwa no guhangwa hakozwe ireshya na 228 km, Inka 30,000 zari gutangwa muri Gahunda ya Girinka hatanzwe 28,875. Ku Bigo Nderabuzima na Health Posts 37 byari kubakwa harangiye 36.

Ibiteganyijwe gukorwa mu Mihigo ya 2016-2017
Minisitiri w’Intebe yavuze ko mu Mihigo ya 2016-2017, Ku byoherezwa hanze: Umusaruro w’icyayi, ikawa n’amabuye y’agaciro uzongerwaho 8.5%. Imbuto, imboga n’indabyo bizongerwaho 29%, indabyo zoherezwa hanze zizinjiza USD 300,000 ibireti miliyoni USD 7.3 bivuye USD 2.7.
Mu Buhinzi n’Ubworozi: umusaruro uzongerwaho 7% uvuye kuri 5% twabonye muri 2015-2016, Ubutaka bwuhirwa i musozi buzongerweho 3,371 ha, naho ubwuhirwa mu bishanga buzongerweho 3,000 ha. Inka 109,253 zizaterwa intanga kandi n’amatungo yo mu rugo 800,000 azakingirwa.
Amashanyarazi adaturuka ku miyoboro isanzwe azava ku 1% abe 11.4%, bizatuma ingo zikoresha imirasire y’izuba ziba 255,363 zivuye ku 45,000. Hazasozwa imihanda yose (100%) Batsinda/ Gasabo, iya Ndera/Gasabo na Busanza/ Kicukiro izakorwa ku kigero cya 25%.
Mu guhanga imirimo mishya: Hazahangwa imirimo itari iy’ubuhinzi n’ubworozi 203,134. Binyujijwe muri BDF, inganda nto n’iziciriritse 2,500 zizafashwa kubona inguzanyo yo gushyira mu bikorwa imishinga yazo.
Mu mibereho myiza: VUP izakorera mu Mirenge 240 igere ku miryango 125,560; Hazatangwa inka 34,777 muri Gahunda ya Girinka.
Abana bose (100%) biga mu kiciro cy’amashuri cya 12YBE bazahererwa ifunguro rya saa sita ku mashuri bigaho. Abana bose (100%) bagaragagayeho kugwingira bazafashwa kubona amata.
Imirenge 250 kandi izagezwamo interinete ifite ubushobozi bwo gutanga serivisi zitangwa n’Irembo bivuye ku Mirenge 84.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@bwiza.com



