Akarere ka Rubavu kashyizwe muri ‘Guma mu karere’

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu, yatangaje ko yashyize muri gahunda ya ‘Guma mu Karere’ akarere ka Rubavu nyuma y’ubwandu bwa Covid-19 bukomeje kukiyongeramo.

Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianey, rivuga ko “Guhera ku wa Kane Tariki ya 17 Kamena akarere ka Rubavu gashyizwe muri Guma mu karere, kugira ngo inzego zibishinzwe zifatanyije n’abaturage zishobore gukurikirana neza no kugenzura iki cyorezo cya Koronavirusi (COVID-19) gikomeje gufata indi ntera.”

Minisitiri Gatabazi kandi yavuze ko uretse gushyira Rubavu muri Guma mu karere, ingendo muri aka karere zibujijwe guhera saa moya z’ijoro kugeza saa kumi z’igitondo.

Cyakora cyo ubwikorezi bw’ibicuruzwa bwifashishije ibinyabiziga ndetse n’ibicuruzwa byambukiranya imipaka biremewe.

Ingamba zijya gusa n’izafatiwe akarere ka Rubavu zafatiwe n’aka Rutsiro bihana imbibi, aho muri aka karere ho ingendo zibujijwe kuva saa moya z’umugoroba kugeza saa kumi z’igitondo, cyo kimwe no mu mirenge imwe n’imwe yo mu turere twa Burera, Gicumbi na Nyagatare.

Rubavu yashyizwe muri Guma mu Rugo kubera ubwiyongere bukabije bw’icyorezo cya COVID-19.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, aheruka gutangaza ko ubwandu muri aka karere bwiyongereye kubera impunzi z’abanye-Congo bagahungiyemo kubera iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo.

Ati: “Hari uruhurirane rw’ibintu nka bitatu byagaragaye mu mpera z’ukwezi kwa Gatanu n’uku kwa Gatandatu. Hari kiriya kirunga cyo hakurya hariya cyarutse, habaye urujya n’uruza rw’abantu benshi, n’ubwo hari abo twasuzumye ariko ntabwo twasuzumye buri wese.”

Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima yerekana ko mu barwayi ba COVID-19 babarirwa muri 298 babonetse mu Rwanda ku wa Kabiri tariki ya 15 Kamena, harimo 59 babonetse mu karere ka Rubavu.

Ku munsi wari wabanje mu gihugu hari habonetse abarwayi bashya 241, barimo ab’i Rubavu 17.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *