Kuwa Mbere, itariki 21 Ukwakira, Igipolisi cya Albania cyataye muri yombi uwahoze ari perezida, Ilir Meta, akurikiranweho ruswa, aho abapolisi bavuga ko bagombye gukoresha ingufu mu gufunga uyu mugabo w’imyaka 55.
Meta yabaye perezida wa Albania kuva mu 2017 kugeza mu 2022. Ubu ayoboye ishyaka ryigenga ritavuga rumwe n’ubutegetsi.
Abayobozi b’ishyaka rya Freedom Party bamaganye ifungwa rye bise “icyaha cyo gushimuta” nk’uko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ikomeza ibitangaza.
Amashusho y’ifatwa rye yerekanaga imodoka ya Meta yahagaritswe n’abapolisi bitwikiriye mu maso agarutse ku murwa mukuru, Tirana, avuye muri Kosovo.
Umwunganizi we yabwiye abanyamakuru ko Meta ashinjwa ruswa, kutamenyekanisha umutungo we, ndetse n’iyezandonke.


