Abantu b’igitsinagabo 38 bafatiwe i Nansana mu Mujyi wa Kampala bambaye nk’abagore mu bukwe bw’abari bagiye kubana bahuje ibitsina bazwi nk’abatinganyi ndetse hasangwa udukingirizo tutarakoreshwa. Luke Owoyesigyire, Umuvugizi wa Polisi ya Uganda mu gice cy’umujyi, avuga ko bakiriye amakuru ko hari abatinganyi bateguye ubukwe muri zone 780 ahitwa Ochen muri Nansana. Yagize ati: ” Ako kanya itsinda ry’abapolisi bahise bajya aho ibyo biri kubera maze bahasanga abagabo bakuru 38 n’ab’igitsinagore batandatu ahagana saa saba z’igicamunsi mu bisa n’ubukwe. Abagbo bari biteye ibirungo (make up) abandi bambaye amakanzu bashyizeho n’imisatsi ya kigore.” Afande Owoyesigyire avuga ko abo bantu nta gapfukamunwa bari bambaye, habe no guhana intera. Umuvugizi w’Ubugenzacyaha, Charles Twine avuga ko aba bazahanirwa kugambirira gukwirakwiza indwara yandura. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Bari babukereye



