ffr6w1gxsaifuoq.jpg

Amafoto: Abasore n’abakobwa 50 basanzwe mu nzu yitwa Malayika mu birori byo guhuza ibitsina

Sangiza iyi nkuru

Polisi yo mu gace ka Kira yataye muri yombi abasore n’inkumi bagera kuri 50 bari mu birori byo gukora imibonano mpuzabitsina (Sex party) mu mazu yitwa Malaika mu gace ka Semwogerere, muri Zone ya Bukoto muri Diviziyo ya Nakawa mu Mujyi wa Kampala muri Uganda.

Blizz ivuga ko aba bose bafashwe kandi bamwe basanzwe batangiye igikorwa nyir’izina cyo gusambana.

ffr6w1gxsaifuoq.jpg
Polisi yabaguye gitumo bamwe batangiye gusambana

Hari amakuru ko aba bose bazagezwa mu rukiko ku bwo kurenga ku mabwiriza y’umukuru w’igihugu mu kugera mu rugo no kwirinda Coronavirus.

Aba sibo ba mbere bafatiwe muri iki gikorwa gusa amakuru avuga ko ibi birori bikorwa hirya no hine cyane mu rubyiruko.

ffr6wrrx0ayge5g.jpg
Inkumi zari zabukereye muri icyo gikorwa cyo guhuza ibitsina

Hagati aho, ari ba nyir’inyubako Malaika cyangwa polisi nta ruhande ruragira icyo rutangaza kuri aya makuru.

ffr6xckxmaeckzk.jpg
Abasore nabo bari bahabaye bakereye ibirori

Amafoto: Ugblizz

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *