Col. Doumbouya aganira na mugenzi we uyobora inzibacyuho ya Mali

Amafoto: Colonel Doumbouya yasuye mugenzi we uyobora Mali

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’inzibacyuho wa Guinea, Colonel Mamady Doumbouya yasuye mugenzi we uyobora inzibacyuho ya Mali, Colonel Assimi Goïta muri gahunda y’uruzinduko rwo gushimangira ubucuti.

Ibiro bya Perezida wa Mali kuri uyu wa 21 Nzeri 2022 byatangaje iby’uru ruzinduko biti: “Perezida w’inzibacyuho, Nyakubahwa Col. Assimi Goïta yakiriye kuri uyu wa Gatatu Perezida w’inzibacyuho wa Guinea, Col. Mamady Doumbouya uri muri Mali mu ruzinduko rw’ubucuti n’akazi, rw’amasaha 24.”

Col. Doumbouya na Goïta bahuje amateka kuko bagiye ku butegetsi bahiritse abari bayoboye ibi bihugu, bemezaga ko batakoraga inshingano zabo neza.

Col. Goïta ayobora Mali nyuma yo guhirika ubutegetsi bwariho inshuro ebyiri, muri Nzeri 2020 no muri Gicurasi 2021, naho Doumbouya we ayobora Guinea nyuma yo guhirika ubutegetsi bwa Alpha Condé muri Nzeri 2021.

Col. Doumbouya aganira na mugenzi we uyobora inzibacyuho ya Mali
Col. Doumbouya aganira na mugenzi we uyobora inzibacyuho ya Mali

Col. Doumbouya ubwo yageraga ku kibuga cy'indege cya Bamako
Col. Doumbouya ubwo yageraga ku kibuga cy’indege cya Bamako

Col. Goïta yagiye kumwakira ku kibuga cy'indege
Col. Goïta yagiye kumwakira ku kibuga cy’indege

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *