Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron mu kanya gashize ageze ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe.
Uyu Mukuru w’Igihugu aragirira uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, rwitezwemo gahunda zitandukanye zifite aho zihuriye n’ibihugu byombi. Yaraye atangarije ku rubuga rwa Twitter ko ruzafungura “urupapuro rushya ku mubano w’u Bufaransa n’u Rwanda ndetse na Afurika.”



Yageze mu Rugwiro
Akimara kugera ku kibuga cy’indege cya Kanombe, yahise yerekeza ku biro by’Umukuru w’Igihugu w’u Rwanda (Village Urugwiro), yakirwa na Perezida Kagame.






Ku rwibutso rwa jenoside rwa Kigali
Nyuma yo kugera mu Rugwiro, yasuye urwibutso rushyinguwemo imibiri y’abazize jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, ku Gisozi, aho byitezwe ko avugira ijambo.
Muri iri jambo, bikekwa ko asabira imbabazi kuba igihugu cye cyarakomeje gufasha Leta y’u Rwanda kuva mu 1990 kugeza 1994, bwarabonaga ko iri gutegura jenoside, nk’uko Rapport Duclert yasohotse muri Mata 2021 ibivuga.


Izindi gahunda
Perezida Macron biteganyijwe ko kandi ataha cyangwa azataha ikigo ndangamuco cy’ururimi rw’Igifaransa, CCFR (Centre Culturel Francophone du Rwanda) giherereye ku Kimihurura mu Karere ka Gasabo.
Hitezwe kandi ikiganiro cye na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kirakurikirwa n’icyo bombi baragirana n’itangazamakuru.
Perezida Macron azava mu Rwanda, asize ashyizeho Ambasaderi mushya w’u Bufaransa muri iki gihugu nk’uko biherutse gutangaza n’ibiro bye.


