Perezida Uhuru kenyatta wa Kenya ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki 20 Mata, yasesekaye I Kinshasa, mu murwa mukuru wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu ruzinduko rw’akazi rw’amasaha 48.

Nk’uko byatangajwe n’ibiro bishinzwe itumanaho muri Perezidansi ya Congo, Perezida wa Kenya yakiriwe ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya N’Djili na mugenzi we, Felix Tshisekedi.


Nyuma yo kwakirwa, abakuru b’ibihugu byombi bagiranye ikiganiro cyamaze iminota igera mu 10 mbere yo kwerekeza mu mujyi wa Kinshasa rwagati bari mu modoka imwe nk’uko tubikesha Actualite.cd.


Abashinzwe porotokole ya leta, bavuga ko biteganyijwe ko abakuru b’ibihugu byombi baza kugirana ikiganiro kirambuye kuri uyu wa Gatatu ahazwi nka ‘cité de l’union africaine’.

Uruzinduko rwa Perezida Uhuru Kenyatta I Kinshasa ruje rukurikirana n’urwo Perezida wa Somalia, Mohamed Abdullahi Farmaajo yagiriye muri iki gihugu mbere yo gusubira mu gihugu cye kuwa Mbere, itariki 19 Mata.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


