Imiryango n’ibitangazamakuru mpuzamahanga bivuga abarwanyi b’ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro muri Repubulika ya Centrafrica ryafunze imihanda y’ingenzi ihuza iki gihugu n’ibituranyi, ikaba ari nayo inyuramo ibicuruzwa n’imfashanyo biba byikorewe n’amakamyo.
Igitangazamakuru The New Humanitarian giherutse gutangaza ko ku mupaka uhuza Centrafrica na Cameroon honyine hamaze gukumirwa amakamyo agera mu 1500 mu gihe kigera ku mezi abiri. Uyu mupaka ni uwa mbere w’ingenzi kuri iki gihugu kuko ibicuruzwa 80% byinjira mu gihugu ari ho binyura.
Ibi byatumye isoko ryo muri Centrafrica ribura ibicuruzwa, aho bibonetse ari bike birahenda cyane. Usibye n’ibyo, n’imfashanyo yagiye ikumirwa nk’uko Umuyobozi Wungirije w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa (PAM) muri iki gihugu, Aline Rumonge yabitangaje.
N’ubwo bimeze bitya ariko, Guverinoma ya Centrafrica ikomeje kugaragaza ko abasirikare bayo ku bufatanye n’ab’u Rwanda n’u Burusiya ndetse n’ab’Umuryango w’Abibumbye bari mu butumwa bw’amahoro, bakomeje gukora ibishoboka kugira ngo iyi mfashanyo n’ibiribwa bigere mu gihugu.
Kugira ngo bigere mu gihugu cyangwa se bive mu mujyi umwe bijya mu wundi, biri gusaba ko aya makamyo aherekezwa n’imodoka zirimo abasirikare, ziri kuyagenda imbere n’inyuma.

Amafoto dukesha urubuga rwa Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Centrafrica, Ngrebada Firmin, agaragaza imodoka za gisirikare ziherekeje amakamyo arenga yavuze ko arenga 55, avanye ibicuruzwa mu gace Beloko, akomereza muri Bouar yerekeza mu murwa mukuru, Bangui.
Kurikira amakuru n’ibiganiro kuri Bwiza TV, ukanze hano
Aya makamyo arindiwe umutekano mu buryo bikomeye





