Kuri uyu wa 21 Gashyantare 2020 hari inama ihuza abakuru b’ibihugu by’u Rwanda, Paul Kagame, Uganda, Yoweli Museveni Angola, Joao Lourenço na RDC , Felix Tshiskedi ku mupaka wa Gatuna/Katuna. Iyi nama igamije gusuzuma ishyirwa mu bikorwa by’amasezerano y’i Luanda muri Angola agamije gukemura ibibazo by’umubano mubi uri hagati y’u Rwanda na Uganda. Dore uko byifashe mu mafoto Byitezwe ko iyi nama isinyirwamo amasezerano yo kohererezanya abanyabyaha, hagati y’u Rwanda na Uganda. Mu gihe ibihugu byombi byaba binyuzwe n’intambwe yatewe hagendewe ku byasabwe na buri gihugu mu gukemura ibibazo, aba bakuru b’ibihugu basuzuma ikibazo cyo “gusubiza mu buryo ibikorwa n’urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa ku mupaka uhuriweho hagati y’u Rwanda na Uganda.” Amafoto: The New Vision na Chimpreports

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame asuhuza mugenzi we wa Uganda, Yoweli kaguta Museveni

Perezida wa Angola, Joao Laurenco asuhuza abandi bayobozi


Abakuru b’ibihugu bitabiriye ibiganiro

Perezida Kagame ubwo yageraga ku Mupaka wa Gatuna ahari bubere ibiganiro

Umutekano wakajijwe



2 Responses
Amafoto: Uko byari byifashe i Gatuna ahabereye inama yahuje Kagame na Museveni
BYA TUBERABYIZA CYANE KUKO NTITUKIBONA AKAGUNGA KOKURYA
Amafoto: Uko byari byifashe i Gatuna ahabereye inama yahuje Kagame na Museveni
BYA TUBERABYIZA CYANE KUKO NTITUKIBONA AKAGUNGA KOKURYA