Amajwi yanyu ntiyapfuye ubusa_Edgar Lungu wemeye intsinzwi abwira abamutoye

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’uko Komisiyo y’amatora muri Zambia itangaje ibyavuye mu matora y’Umukuru wa kiriya gihugu, Edgar Lungu wari Perezida w’iki gihugu yatangaje ko yemeye gutsindwa, avuga ko azatanga ubutegetsi ku wo bari bahanganye mu mahoro.

Kuri uyu wa Mbere ni bwo Komisiyo y’amatora muri Zambia yatangaje ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, yemeza Hakainde Hichilema ukuriye abatavuga rumwe n’ubutegetsi nka Perezida mushya wa kiriya gihugu.

Hichilema usanzwe ari umunyemari ukomeye yatowe n’ababarirwa muri 2,810,757 ahigitse Perezida Edgar Lungu wagize amajwi abarirwa muri 1,814,201.

Perezida Lungu waherukaga gutangaza ko ariya matora atabaye mu mucyo no mu bwisanzure, yifashishije urubuga rwe rwa Twitter yavuze ko yemeye gutsindwa, ashimira Hakainde Hichilema bari bahanganye.

Ati: “Twakoze amatora yacu Rusange ku wa Kane tariki ya 12 Kanama 2021, none Komisiyo y’amatora ya Zambia yasoye amajwi ya nyuma y’ibyayavuyemo. Nshingiye ku byo Komisiyo y’amatora yatangaje, nzakurikiza ibiteganywa n’itegeko nshinga mpererekanye ubutegetsi mu mahoro.”

Perezida Lungu yakomeje agira ati: “Ndagira ngo nshimire umuvandimwe wanjye, Perezida watowe Nyakubahwa Hakainde Hichilema ku bwo kuba Perezida wa karindwi. Reka nanashimire abitabiriye amatora bose batsinze ku nzego zitandukanye. Ku batarabikoze, hari ikindi gihe.”

“Ndagira ngo bwa nyuma nshimire abatoye ishyaka ryanjye rya Patriot Front nanjye, amajwi yanyu ntabwo yapfuye ubusa, rwose mukomeze kudushyigikira.”

Edgar Lungu yagizwe Perezida wa Zambia w’inzibacyuho muri 2015 asimbuye Nyakwigendera Michael Sata witabye Imana mu Ukwakira 2014.

Muri 2016 ni bwo Perezida Lungu yatorewe kuyobora Zambia muri manda y’imyaka itanu.

Uyu mugabo washimiye abanya-Zambia ku bw’icyizere bamugiriye, yavuze ko icyo yifuzaga ari ugukorera igihugu cye mu bushobozi bwe bwose afatanyije n’abaturage, kandi ko babashije kubyitwaramo neza mu nzego zitandukanye.

Yavuze ko hari imbogamizi yagiye ahura na zo, gusa akaba ashima ubufasha yahawe n’abaturage.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Amajwi yanyu ntiyapfuye ubusa_Edgar Lungu wemeye intsinzwi abwira abamutoye
    Ubundi gewe ibi ndabikunze cyane iyi niyo Democracy ikenewe muri Africa yacu gusangira ibitekerezo kubanyagihugu mugushakira hamwe icyateza imbere igihugu umuntu wese akagira uburenganzira kubikorerwa igihugu cye! Nabaga byatangaga isomo no kubandi bany’Africa!

  2. Amajwi yanyu ntiyapfuye ubusa_Edgar Lungu wemeye intsinzwi abwira abamutoye
    Ubundi gewe ibi ndabikunze cyane iyi niyo Democracy ikenewe muri Africa yacu gusangira ibitekerezo kubanyagihugu mugushakira hamwe icyateza imbere igihugu umuntu wese akagira uburenganzira kubikorerwa igihugu cye! Nabaga byatangaga isomo no kubandi bany’Africa!

  3. Amajwi yanyu ntiyapfuye ubusa_Edgar Lungu wemeye intsinzwi abwira abamutoye
    Nivyo twaza dushaka ko
    Banana ubutegetsi mu mahoro abaturage nabo ba kavyishimira

  4. Amajwi yanyu ntiyapfuye ubusa_Edgar Lungu wemeye intsinzwi abwira abamutoye
    Nivyo twaza dushaka ko
    Banana ubutegetsi mu mahoro abaturage nabo ba kavyishimira

  5. Amajwi yanyu ntiyapfuye ubusa_Edgar Lungu wemeye intsinzwi abwira abamutoye
    Nivyo twaza dushaka ko
    Banana ubutegetsi mu mahoro abaturage nabo ba kavyishimira

  6. Amajwi yanyu ntiyapfuye ubusa_Edgar Lungu wemeye intsinzwi abwira abamutoye
    Nivyo twaza dushaka ko
    Banana ubutegetsi mu mahoro abaturage nabo ba kavyishimira

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *