Nyuma y’iminsi itari micye bitangajwe ko umuyobozi w’inyeshyamba za M23 aburiwe irengero, habonetse amakuru agaragaza ikirari cy’aho yaba aherereye we na zimwe mu ngabo ze.
Mu kwezi gushize, nibwo igisirikare cya Uganda cyatangaje ko Gen. Makenga atakiri aho yari asanzwe aba muri kiriya gihugu, ndetse nyuma abandi benshi mu barwanyi be baza no gutoroka inkambi ya gisirikare babagamo nabo baragenda ariko amakuru akagaragaza ko nta we uzi aho bagiye.
Erique Gasana, ni uwahoze ari umwe mu basirikare ba M23 mu mshyamba ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo nyuma aza gufatwa n’ingabo za Kongo, FARDC. Kuri uyu wa 21 Gashyantare 2017, yatangaje ko Gen. Makenga na zimwe mu ngabo ze baba baherereye muri Kivu ya Ruguru mu gace ka Rutshuru.
Uyu musirikare watangaje ibi yafashwe n’ingabo za Kongo mu mukwabu uherutse kubera mu mujyi wa Goma, ariko n’ubundi akaba yarigeze kuba umusirikare wa FARDC mbere. Yabaye umusirikare wa M23 guhera mu mwaka wa 2013 ubwo uyu mutwe wageragezaga gufata uyu mujyi nyuma ugatsindwa bamwe mu bawugize bagahungira mu Rwanda na Uganda we akongera agafatwa.
Yagize ati”nari ndi kumwe n’abandi basirikare ba Gen. Makenga. Badutwaye mu modoka batubeshya ko batujyanye mu gihugu kwihuza n’ingabo za leta. Baje rero kutwambukana imipaka twongera kwibona mu bihuru.”
Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga ko uyu musirikare yakomeje avuga ko nyuma yu kumva atanyuzwe n’iki cyemezo co kubasubiza mu mashyamba ari bwo we yafashe umwanzuro wo kubavamo nyuma y’uko bapanze umugambi wo gutera abarinzi ba Parike kugira ngo babambure intwaro zo kurwanisha bagamije kongera kugaba ibitero ku gace ka Bukina.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uyu musirikare yakomeje avuga ko aba barwanyi ba M23 bari bayobowe na Colonel Joseph Mboneza. Kugeza ubu, Gen Makenga ngo akaba yibereye kumwe n’ingagi zo mu misozi ya Sarambwe mu karere ka Rutshuru mu ibanga ry’ibirunga bya Sabyinyo na mikeno ku nkengero za Uganda.
Gen Makenga ngo ari kumwe n’abasirikare basaga 100 yakuye mu nkambi ya Bihanga muri Uganda aho bari bakambitse.
Naho uyu musirikare wamaze kugera mu ngabo za nkongo Erique Gasana, ngo muri iyi wikende ishize abandi basirikare bager kuri 69 bari bahawe gahunda yo gusanga Makenga mu bihuru bavuye muri Uganda.
Aya makuru kandi yemejwe n’umuryango uharanira amahoro, ubwisanzure n’uburenganzira bwa muntu (CEPADHO) ko izi nyeshyamba koko ko zamaze gusesekara mu mashyamba ya kongo.
Uyu muryango wasabye guverinoma ya Kongo kongera gukorana n’imiryango mpuzamahanga mu guhangana n’izi nyeshyamba za M23 mu rwego rwo kugarura amahoro.
Umutwe wa M23 ni umwe mu mitwe ya kera yavuzwe kenshi mu ashyamba ya kongo, ndetse ukaba warigeze no kwigarurira uduce twinshi two muri kiriya gihugu mu myaka ya 2012-2013 mu ntara ya Kivu ya Ruguru.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Aba barwanyi baje kumeneshwa n’ingabo mpuzamahanga zabagabyeho ibitero ariko na nubu ukaba waranze gutsindwa burundu.
Mu minsi yashize, nibwo izi ngabo zongeye gukozanyaho n’igisirikare cya Kongo, zimwe zirameneshwa zihungira mu Rwanda no muri Uganda, ubu zikaba ziri kongera kwiyegeranya.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com


