Umuhanzikazi Juliana Kanyomozi wo muri Uganda, yasabye umufana we kwerekeza amasengesho yamusabiraga kuri bashiki be, nyuma yo kuvuga ko akwiye umugabo muri uyu mwaka.
Ubwo Juliana yatangazaga ko yashyize hanze video y’indirimbo yise ‘Omukwano Ogwedda’ ugenekereje mu Kinyarwanda ‘Urukundo rwa kera’ nibwo umufana we witwa Moses Omujugujugu yahise avuga ko adakwiye kuririmba urukundo mu gihe cyose adafite umugabo n’umukunzi we akaba atazwi.
Uyu mufana yavuze ko Juliana akwiye amasengesho kugira ngo uyu mwaka uzarangire yarashyingiwe, ibintu uyu muhanzikazi atishimiye ahita amusubiza gusengera bashiki be.
Yagize ati “Urakoze ku bw’igitekerezo cyawe cyo kunengwa. Nta numwe ugikeneye, ayo masengesho yawe uyakorere bashiki bawe”.
Juliana Kanyomozi 36 y’amavuki, ni umwe mu bahanzikazi batajya bakunda gutangaza ibirebana n’ubuzima bwe mu rukundo.
Ni umukobwa wabyariye iwabo, umwana we rukumbi w’umuhungu, Keron Raphael Kabugo yari yarabyaranye na Amon Lukwago, umucuruzi ukomeye cyane muri Uganda bigeze gukundana, yaje kwitaba Imana ku 20 Nyakanga 2014.
Keron yitabye Imana afite imyaka 11 y’amavuko, akaba yarapfiriye mu bitaro bya Aga Khan Hospital i Nairobi muri Kenya.



