Amatora y’Abadepite: Umuryango FPR/Inkotanyi niwo uri ku isonga n’amajwi y’agateganyo 75%

Sangiza iyi nkuru

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC), itangaza ko umuryango FPR/Inkotanyi ari wo uri ku isonga n’amajwi y’agateganyo 75% mu matora y’Abadepite.

Ku Cyumweru tariki ya 2 Nzeri nibwo Abanyarwanda bari mu bihugu by’amahanga batoye,  ku wa Mbere tariki ya 3 Nzeri 2018, hakurikiraho abari mu gihugu imbere, amajwi atangazwa y’agateganyo n’iyi komisiyo agaragaza ko FPR/Inkotanyi ariyo iza imbere y’indi mitwe ya politiki mu gihe abakandida bigenga nta numwe wasatiriye amajwi asabwa.

Amajwi y’agateganyo:

1.Umuryango FPR/ Inkotanyi: 75%

2.Ishyaka PSD 8.5%

3.Ishyaka PL 7%,

4.Ishyaka Green Party 4.5%

5.Ishyaka PS Imberakuri 4.5%

Umuryango wa FPR/Inkotanyi wifatanyije n’andi mashyaka  PSR, PDI, PDC, PPC, PSP na UDPR bakaba baratanze urutonde rw’abakandida 80.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora, Prof. Kalisa Mbanda atangaza ko abakandida bigenga bafite amajwi make cyane ndetse ko amatora yo kuri uyu wa Kabiri, ntacyo yabafasha ngo amajwi yabo abe yazamuka asatire asabwa kugira ngo babone imyanya mu Nteko Nshingamategeko. Avuga ko ishyaka riba risabwa gutorwa n’abaturage basaga ibihumbi 350.

FPR/Inkotanyi iri ku isonga n’amajwi 75% by’umwihariko ikaba ishobora gusubira inyuma ugereranyije na 2013 aho yari ifite amajwi 76.2%.

Ku Cyumweru tariki ya 2 Nzeri 2018, hatoye Abanyarwanda baba mu mahanga ndetse n’umudepite uhagarariye abafite ubumuga, aho uwitwa Musolini Eugène ari we wahize abandi n’amajwi 75.6 %.

Ku wa Mbere tarikiya 3 Nzeri 2018, Abanyarwanda baba imbere mu gihugu batoye Abadepite rusange, naho ku wa Kabiri tariki ya 4 Nzeri 2018, hateganyijwe gutora abadepite 24 bahagarariye abagore, n’abandi 2 bahagarariye urubyiruko.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *