Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ y’abatarengeje imyaka 23, yaguye miswi na Police FC ibitego 3-3; mu mukino wa gicuti wabaye kuri uyu wa Mbere.
Ni umukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mbere y’uko Amavubi acakirana na Libya mu mukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 23.
Rutahizamu Rudasingwa Prince usanzwe akinira Rayon Sports ni we wafunguye amazamu ku ruhande rw’Amavubi, ku gitego cyo ku munota wa 20 w’umukino yatsinze kuri penaliti.
Ni igitego Police FC yishyuye nyuma y’iminota 15 biciye kuri Nshuti Dominique Savio, bituma impande zombi zijya kurihuka zinganya igitego 1-1.
Police FC yagarutse mu gice cya kabiri ishyira igitutu ku basore b’umutoza Yves Rwasamanzi yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 60 ibifashijwemo na Ndayishimiye Antoine Dominique; gusa Amavubi aza kucyishyura biciye kuri Gitego Arthur usanzwe akinira Marines FC.
Rutahizamu Ndayishimiye Antoine Dominique yongeye gutsindira Police FC ikindi gitego ku munota wa 70 w’umukino, gusa Irankunda Rodrigue winjiye mu kibuga asimbuye aza kucyishyura habura iminota itanu ngo iminota 90 y’umukino irangire; ibyatumye umukino urangira amakipe yombi anganya ibitego 3-3.
U Rwanda ruzabanza kwakirwa na Libya mu mukino uzabera i Tripoli ku wa 23 Nzeri, hanyuma uwo kwishyura ubere i Huye ku wa 27 Nzeri 2022.
Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ igomba guhaguruka ku wa Gatatu w’iki cyumweru yerekeza i Tripoli.


