Amb. Vincent Karega yakiriwe na Minisitiri Lutundula wa RDC

Sangiza iyi nkuru

Ambasaderi w’u Rwanda i Kinshasa, Vincent Karega, kuri uyu wa Mbere yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Christophe Lutundula wamumenyesheje icyemezo cya Leta y’igihugu cye cyo kumwirukana ku butaka bwacyo.

Lutundula yamenyesheje Karega ko amasaha 48 yahawe yo kuba yavuye i Kinshasa agomba kurangirana n’itariki ya 02 Ugushyingo, bityo ko atagomba kuyarenza.

Ambasaderi Vincent Karega yafashe icyemezo cyo kuva muri Congo Kinshasa hakiri kare, ku buryo nta gihindutse agomba kuhava kuri uyu wa Mbere tariki ya 31 Ukwakira 2022, gihurirana n’icya RDC cyo guhamaza ChargĂ© d’Affaires wayo i Kigali.

Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yafashe icyemezo cyo kwirukana ku butaka bwayo Ambasaderi Vincent, nyuma y’imyaka itatu ahagarariye u Rwanda i Kinshasa.

Icyemezo cyo kumwirukana cyafatiwe mu nama nkuru ya gisirikare uwo munsi yayobowe na Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo.

Karega yahawe amasaha 48 yo kuva i Kinshasa, ku mpamvu ziswe izo kuba u Rwanda rukomeje kugaba ibitero kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo binyuze mu mutwe wa M23.

Hari amakuru avuga ko ubwo Tshisekedi yari ayoboye iriya nama, inzego z’ubutasi ze zamubwiye ko hari abasirikare b’u Rwanda babarirwa mu 3,000 bo mu mutwe udasanzwe bamaze kwambuka binjira mu gihugu cye mu rwego rwo guha umusada M23.

Tshisekedi icyo gihe kandi ngo yarakajwe cyane no kubwirwa ko umuyobozi w’umutwe w’Ingabo zidasanzwe z’u Rwanda ari mu Rutshuru, na ho undi muyobozi muri RDF akaba yarashinze ibirindiro mu karere ka Musanze mu rwego rwo gufasha M23.

Vincent Karega yari Ambasaderi w’u Rwanda muri Congo Kinshasa kuva muri Nyakanga 2019, nyuma yo gusimbura kuri izo nshingano Amandin Rugira kuri ubu uhagarariye u Rwanda muri Zambia.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Amb. Vincent Karega yakiriwe na Minisitiri Lutundula wa RDC
    Abasirikare b’u RWANDA 3000, gufasha M23, ibi byo n’AMERIKA ntiyabyemera. Uyu mubare waruhukira i KINSHASA Mu masaha 5 gusa.

  2. Amb. Vincent Karega yakiriwe na Minisitiri Lutundula wa RDC
    Abasirikare b’u RWANDA 3000, gufasha M23, ibi byo n’AMERIKA ntiyabyemera. Uyu mubare waruhukira i KINSHASA Mu masaha 5 gusa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *