trump-iran

Amerika ishobora kuba igiye kurasa Iran

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye abaturage bose kuva mu mujyi wa Tehran, umurwa mukuru wa Iran, aho bivugwa ko ishobora kuba igiye kuharasa.

Trump yabitangaje abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, aho yavuze ati: “Iran yagombaga kwemera amasezerano nabasabye. Ni agahomamunwa kubona ubuzima bwinshi butakara. Iran ntigomba na rimwe kugira intwaro kirimbuzi. Nabisubiyemo inshuro nyinshi. Abari Tehran bose bagomba guhita bahava.”

Iri tangazo rya Trump ryakurikiwe n’irya Israel nayo yasabye abaturage kuva mu bice bimwe na bimwe bya Tehran, mu gihe ibikorwa bya gisirikare bikomeje hagati y’ibi bihugu byombi.

Iran yasubije ko ibi ari intambara y’amasomo yo mu mutwe, aho yavuze ko ari uburyo bwo gutera ubwoba abaturage.

Abakuru b’ibihugu bigize G7 bahise bashyira ahagaragara itangazo bashyigikira uburenganzira bwa Israel bwo kwirwanaho, bavuga ko Iran ari yo ntandaro y’ibibazo byinshi by’umutekano mucye muri aka karere.

Basabye ko hashakwa ibisubizo byaganisha ku ituze mu Burasirazuba bwo Hagati, harimo n’ihagarikwa ry’intambara muri Gaza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *