Amerika na Koreya y’Epfo byarashe misile umunani mu rwego rwo gusubiza Koreya ya Ruguru

Sangiza iyi nkuru

Koreya y’Epfo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byamaganye iraswa rya misile riherutse kuba muri Koreya ya Ruguru, birasa misile umunani za ballistique mu rwego rwo kwerekana imbaraga hagamijwe kwerekana ko abo bafatanyabikorwa bombi biteguye gusubiza “ubushotoranyi” bwa Pyongyang.

Kurasa kwabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere kwaje umunsi umwe nyuma y’uko Koreya ya Ruguru irashe misile umunani zo mu bwoko bwa ballistique ziraswa mu ntera ngufi zigana ku nyanja ku nkombe z’iburasirazuba, aho abasesenguzi bavuze ko ari ryo gerageza rinini rikorewe icyarimwe n’igihugu gifite intwaro za kirimbuzi.

Mu itangazo, Abayobozi bakuru b’ingabo za Koreya y’Epfo bavuze ko abafatanyabikorwa nabo barashe misile umunani za ballistique mu Nyanja y’Iburasirazuba guhera saa kumi na 45 z’igitondo ku isaha yaho mu gihe cy’iminota 10 nk’uko tubikesha Al Jazeera.

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Koreya y’Epfo bukaba bwavuze ko iki gikorwa cyerekanaga “ubushobozi n’ubushake bwo kugaba ibitero simusiga ku nkomoko y’ubushotoranyi ndetse no ku buyobozi bwabo n’ingabo”.

“Igisirikare cyacu kiramagana byimazeyo ubushotoranyi bwa misile ballistique bw’amajyaruguru kandi turasaba byimazeyo guhagarika ibikorwa byongera amakimbirane ya gisirikare ku kirwa kandi bikongera ibibazo by’umutekano.”

Perezida wa Koreya y’Epfo, Yoon Suk-yeol, watangiye imirimo ye mu kwezi gushize, yasezeranyije ko azafata umurongo ukaze wo kurwanya Koreya ya Ruguru, akaza umurego mu iterambere rya gahunda ya misile n’ingufu za kirimbuzi, kandi yemeranya na Perezida wa Amerika Joe Biden mu nama yo muri Gicurasi i Seoul kuzamura urwego rw’imyitozo ya gisirikare ihuriweho.

Ku wa Gatandatu, abo bafatanyabikorwa bombi bashoje iminsi itatu y’imyitozo yo mu mazi mu mazi mpuzamahanga ku kirwa cya Okinawa cy’u Buyapani. Imyitozo yitabiriwe n’ubwato butwara indege bwa Amerika bwa mbere kuva mu Gushyingo 2017.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Amerika na Koreya y’Epfo byarashe misile umunani mu rwego rwo gusubiza Koreya ya Ruguru
    Ivyo mumupira wamagur Niko vyama kandi birababaza Canee amavubi mwihangan Niko bigenda

  2. Amerika na Koreya y’Epfo byarashe misile umunani mu rwego rwo gusubiza Koreya ya Ruguru
    Ivyo mumupira wamagur Niko vyama kandi birababaza Canee amavubi mwihangan Niko bigenda

  3. Amerika na Koreya y’Epfo byarashe misile umunani mu rwego rwo gusubiza Koreya ya Ruguru
    Ivyo mumupira wamagur Niko vyama kandi birababaza Canee amavubi mwihangan Niko bigenda

  4. Amerika na Koreya y’Epfo byarashe misile umunani mu rwego rwo gusubiza Koreya ya Ruguru
    Ivyo mumupira wamagur Niko vyama kandi birababaza Canee amavubi mwihangan Niko bigenda

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *